Abasura u Rwanda kenshi babiterwa n’uko barufite ku mutima – Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko kuba hari abanyamahanga basura u Rwanda inshuro nyinshi bikurikiranya, ari uko baba baruhoza ku mutima n’abaturage barwo. Yabitangaje kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Gashyantare 2019, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bitabiraga isengesho “Codel Prayer Breakfast”, ryahuje abayobozi bakuru b’igihugu n’itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika.
Post comments (0)