Inkuru Nyamukuru

Amajyepfo: Abanyeshuri baraye basubijwe mu miryango usibye abanyamahanga – Gov. Gasana

todayMarch 18, 2020 51

Background
share close

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Emmanuel Gasana, aratangaza ko abanyeshuri bose bigaga bacumbikirwa mu bigo by’amashuri yisumbuye muri iyo Ntara, baraye basubijwe mu miryango yabo usibye abanyamahanga batarabona uko bataha.

Guverineri Gasana yabwiye Kigali Today ko abanyeshuri ba nyuma batashye ari abo mu karere ka Ruhango, kandi ko yakomeje gukurikirana iki gikorwa ahamya ko cyarangiye neza ku gicamunsi cy’ejo kuwa kabiri.

Guverineri Gasana avuga ko ku bufatanye n’inzego zishinzwe uburezi n’abayobozi batandukanye, na Kompanyi zitwara abantu, nibura abana basaga ibihumbi 60 baraye batashye bava mu Ntara y’Amajyepfo berekeza iwabo, ariko ko abakiva mu zindi Ntara baza mu Majyepfo hagikomeje igikorwa cyo kubakira.

Ku bijyanye n’abanyeshuri bataha mu gihugu cy’u Burundi bivugwa ko bari banze kwakirwa iwabo, Guverineri Gasana avuga ko cyakemutse kuko bageze aho bakakirwa.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: WASAC ntizi ikibazo cy’abaturage babuze amazi hashize amezi 5

Abaturage b’akagari ka Kabare umurenge wa Rwempasha akarere ka Nyagatare baravuga ko bamaze amezi atanu bavoma amazi y’umugezi w’umuvumba kubera itiyo yabagezagaho amazi meza yatobotse. Aba baturage bavuga ko babimenyesheje Ikigo Gishinzwe Amazi, Isuku n'Isukura (WASAC) ariko ntihagire igikorwa. Ku rundi ruhande Byamugisha Bernald umuyobozi wa WASAC sitasiyo ya Nyagatare avuga ko iki kibazo atakizi ndetse nta n’uwakimumenyesheje ariko ko ngo agiye kugikurikirana. Umva inkuru irambuye hano:

todayMarch 18, 2020 103

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%