Inkuru Nyamukuru

Huye: Ku wa gatandatu abantu 32 bafashwe batinze gutaha

todayAugust 31, 2020 24

Background
share close

Mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 29 Kanama 2020, mu Karere ka Huye hafashwe abantu 32 saa moya zageze bakiri mu muhanda bataragera mu rugo, harimo umwarimu n’umuveterineri w’umurenge.

Barekuwe ari uko babanje kwishyura amande y’ibihumbi 10, kandi umuyobozi w’Akarere ka Huye avuga ko abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus bazakomeza kujya bahanwa bisanzwe, ariko bakarekurwa ari uko baciwe amande.

Mu baraye muri sitade Huye harimo abagore batatu, muri bo kandi hakabamo umwe wahararanye n’umugabo kuko ngo bafatiwe mu mujyi i Huye saa moya n’iminota itatu, baturutse za Save, ku itabaro.

Harimo umushoferi wa RAB wafashwe atwaye imodoka y’akazi, afatwa yananyuze ahantu hatari nyabagendwa yanyuze ashaka gukwepa polisi. 

Harimo n’umwarimu wigisha muri GSOB wafatanywe na veterineri w’umurenge umwe wo mu Karere ka Huye, ngo bavuye kunywa inzoga. 

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare bakiriye neza icyemezo cyo guhagarika ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali

Bamwe mu baturage b’akarere ka Nyagatare bavuga ko banejejwe n’icyemezo cyo guhagarika ingendo zigana I Kigali ndetse no kugabanya isaha yo gusubira mu ngo kuko bizatuma babasha kwirinda COVID-19. Ni nyuma y'uko inama y’abaminisitiri ifashe ibyemezo birimo guhagarika ingendo zihuza intara n’umujyi wa Kigali ndetse no kugabanya isaha yo gusubira mu ngo hagamijwe kwirinda indwara ya COVID-19. Ubu ingendo zerekezaga I Kigali ziturutse mu karere ka Nyagatare ziragarukira I Rwamagana. […]

todayAugust 28, 2020 79

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%