Inkuru Nyamukuru

Nyamagabe: Umugabo w’imyaka 61 yafashwe asambanya ufite ubumuga bwo mu mutwe

todaySeptember 17, 2020 64 1

Background
share close

Umugabo w’imyaka 61 wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyamagabe, yafashwe asambanya umukobwa w’imyaka 42 ufite ubumuga bwo mu mutwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga, avuga ko nibyemezwa koko ko uwo mugabo yamuhohoteye bazagira uruhare mu kumukurikirana kuko byagaragaye ko hari abahohotera abafite ubumuga kuko batabasha kwivugira.

Nk’uko bivugwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Karambo, Valens Rukundo, uyu mugabo yafashwe ku manywa yo ku wa gatatu itariki ya 16 Nzeri 2020.

Kugeza ubu ngo ibisubizo byo kwa muganga bibyemeza ntibirasohoka, ariko nyamugabo agifatwa ngo yavuze ko atamufashe ku ngufu kuko ngo ari umugore we. Umukobwa we ntacyo abivugaho kuko n’ubusanzwe aba acecetse.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Rusesabagina yajuririye icyemezo cy’urukiko cyo kumufunga by’agateganyo

Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Paul Rusesabagina afungwa by'agateganyo mu gihe cy'iminsi 30 bitewe n'uko ibyaha Ubushinjacyaha bumurega bifite impamvu ikomeye igaragaza ko bishobora kumuhama. Urukiko rwabanje gusomera Rusesabagina incamake y'ibyaha 13 Ubushinjacyaha bumurega, byose bijyanye no gushinga Umutwe w'Iterabwoba wa FLN no kuwutera inkunga. Uwo mutwe urashinjwa kugaba ibitero ku nkengero z'ishyamba rya Nyungwe mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, ukaba uvugwa ko wishe abaturage icyenda, ubasahura imitungo […]

todaySeptember 17, 2020 33

Post comments (1)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%