Inkuru Nyamukuru

Malawi: Perezida Lazarus Chakwera yatesheje agaciro ibizamini bya leta

todayNovember 5, 2020 29

Background
share close

Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi yategetse ko ibizamini bya leta bisoza amashuri yisumbuye biheruka gukorwa bisubirwamo hose mu gihugu, kuko impapuro z’ibibazo zibwe zigasohoka mbere.

Yavuze ko ibizamini bishya bigomba gukorwa mbere y’uko ukwezi kwa mbere 2021 kurangira.

Ejo kuwa gatatu mu bice bitandukanye by’iki gihugu habaye imyigaragambyo y’abanyeshuri barakajwe n’uko ibizamini bakoze byateshejwe agaciro.

Kuri uyu wa kane Bwana Chakwera yabwiye abanyamakuru i Lilongwe, ko yahaye minisitiri w’uburezi icyumweru kimwe ngo babe barangije iperereza ryo kumenya uko ibizamini byibwe.

Chakwera, yavuze ko kuri we ibi byabaye ari ibintu “byakozwe ku bushake”.

Yategetse kandi ko abantu bo mu nama y’igihugu ishinzwe ibizamini bazasanga barabigizemo uruhare, bagomba guhita basimbuzwa.

Abanyeshuri bagera kuri 40, umwarimu umwe n’umucuruzi, barafashwe barafungwa kuko babasanganye impapuro z’ibizamini bitaraba.

Impapuro zibwe zikagera hanze ni iz’ibizamini by’icyongereza, ubumenyi bw’isi, ubumenyamuntu, ubutabire n’imibare.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ibintu 5 bitangaje ku matora yo muri USA

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) nicyo gihugu gikomeye kurusha ibindi ku isi, byaba mu bukungu, igisirikare, n’ibindi byinshi. Umukuru w’icyo gihugu, uwo ari we wese, agira ingaruka ku buzima bw’abanyamerikan’abatuye isi muri rusange, ari nayo mpamvu ibiri buve mu matora y’umukuru w’igihugu kuri uyu wa kabiri bizagira ingaruka kuri buri wese. Dore bimwe mu by’ingenzi ukwiye kumenya ku matora yo muri USA. 1.Amashyaka Politiki yo muri USA iganzwa cyane n’amashyaka […]

todayNovember 3, 2020 92

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%