Year: 2020

912 Results / Page 4 of 102

Background

Inkuru Nyamukuru

Abacuruzi barakangurirwa kwaka inguzanyo mu kigega cyo kuzahura ubukungu

Leta yashyizeho ikigega cya miliyari 200 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19, abacuruzi bagakangurirwa kukigana ngo bagurizwe kuko amafaranga agihari. Ibyo ni ibyatangajwe na Rwigamba Eric, Umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ubwo yari mu kiganiro Ubyumva Ute cya KT Radio ku wa 16 Ukuboza 2020, ikiganiro cyibanze ku mikorere y’icyo kigega. Rwigamba avuga ko ku ikubitiro muri icyo kigega Leta yahise ishyiramo miliyari […]

todayDecember 18, 2020 1

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rugiye kwifashisha imbwa mu gupima Covid-19

Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) gitangaza ko mu kwezi kumwe kizaba cyatangiye gukoresha imbwa mu gupima icyorezo cya Covid-19. Ibyo biri mu masezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’igihugu cy’u Budage ari cyo kizazana abazatoza izo mbwa, ayo masezerano akaba yarashyizweho umukono ku wa 23 Ugushyingo 2020 na Dr Sabin Nsanzimana, Umuyobozi Mukuru wa RBC ku ruhande rw’u Rwanda na Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Thomas Kurz. Dr Nsanzimana […]

todayNovember 24, 2020 72

Inkuru Nyamukuru

Gasabo: Ari mu maboko ya RIB akekwaho gusambanya nyina ku ngufu

Umugabo witwa Bakundukize w’imyaka 41 y’amavuko, ari mu maboko ya RIB Post ya Gatsata akekwaho gusambanya umubyeyi we w’imyaka 65. Ayo makuru yamenyekanye mu ma saa yine z’ijoro rishyira iryo kuri uyu wa kabiri, nyuma y’aho abaturanyi batabaje inzego zishinzwe umutekano. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali Ndanga Patrice, yemeje aya makuru, ashimangira ko bakiyamenya bihutiye kujya mu rugo Bakundukize yabanagamo n’umubyeyi we. Ndanga Patrice avuga ko uyu bakundukize atari yasinze […]

todayNovember 24, 2020 50

Inkuru Nyamukuru

Muhanga: Igishushanyo mbonera ntabwo ari igikoko kije gukanga abaturage-FED Kayiranga

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko mu kwezi kumwe igihushanyo mbonera cy’Umujyi kiraba cyasohotse abaturage n’abashoramari bagatangira kugishyira mu bikorwa. Bimwe mu byo igishushanyo mbonera cy’umujyi wa muhanga kizanye nk’udushya ni ububiko bunini buzakira ibicuruzwa byinshi bizafasha abajyaga kurangura mu mujyi wa Kigali kubibonera hafi. Ikindi gishya icyo gishushanyo mbonera kizanye ni icyanya k’inganda cyanatangiye gutunganywa mu mujyi wa Muhanga kugira ngo abashoramari babone uko bubaka inganda zigendanye n’ibikenewe mu […]

todayNovember 23, 2020 154

Inkuru Nyamukuru

Burera: Birakekwa ko umwalimu yiyahuye biturutse ku makimbirane yari afitanye n’umugore we

Umugabo witwa Twizerimana Innocent w’imyaka 40 wari umwarimu mu Karere ka Burera Umurenge wa Rusarabuye Akagari ka Ndago, birakekwa ko yiyahuye akoresheje umuti wica imbeba. Uyu mwarimu wigishaga ku ishuri ribanza rya Ruyange ngo yari amaze iminsi atabanye neza n’umugore bashakanye w’imyaka 38, aho yamushinjaga kumuca inyuma, no kutamwunganira gutunga urugo. Mu cyumba yari aryamyemo yamaze gushiramo umwuka, hanagaragara uducupa bikekwa ko aritwo yavangiyemo umuti wica imbeba ndetse n’impapuro yasize […]

todayNovember 23, 2020 55

Inkuru Nyamukuru

Haje ikarita igendanwa izafasha Leta kumenya abo mwahuye bose, bizakumira Covid-19

Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Africa ’Smart Africa’ gifite icyicaro i Kigali, cyagiranye amasezerano n’icy’Abanyaziya cyitwa KOMMLABS Pte Ltd, agamije gukwirakwiza amakarita yerekana abo umuntu yahuye na bo bose. Ni ikarita yitwa KOMMTRACE buri muntu agomba kwitwaza, kugira ngo mu bo bigeze kwegerana niba harimo umurwayi wa Covid-19 wagaragaye, ya karita ye nikozwa kuri mudasobwa izahite igaragaza andi makarita y’abantu bose bahuye n’uwo murwayi. Hazakurikiraho igikorwa cyo kubahamagara bose, […]

todayNovember 20, 2020 53

Inkuru Nyamukuru

Abanyeshuri barimo kwiga batangiye gupimwa Covid-19

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko yatangiye gupima abanyeshuri bo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza kugira ngo barebe uko bahagaze, mbere y’uko abari basigaye na bo batangira ishuri ku ya 23 Ugushyingo uyu mwaka. Mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa mbere wa kino cyumweru, Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya yavuze ko abanyeshuri bose atari ko bazapimwa, ahubwo hazapimwa abanyeshuri ibihumbi 3000. Yongeraho kandi ko mu gihe hagira umwana ugaragara ko yanduye Covid-19, […]

todayNovember 19, 2020 33

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Umupolisi n’umuturage bafashwe bakekwaho ruswa

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdoun Twizeyimana avuga ko Polisi y’igihugu itazihanganira uwo ari we wese wijandika mu byaha cyane cyane ibijyanye na ruswa. Abitangaje mugihe guhera kuri uyu wa 16 Ugushyingo Polisi y’igihugu ikorera mu ntara y’Iburasirazuba yafashe umupolisi witwa AIP Theophile Niyonsaba n’umuturage Ndahayo Cesar bakunze kwita Salus bakekwaho icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500. Umva inkuru irambuye hano:

todayNovember 19, 2020 81 1

0%