Year: 2020

912 Results / Page 7 of 102

Background

Uncategorized

Perezida Kagame yakiriye abambasaderi bashya ba Vietnam, Oman na Koreya y’Epfo

Ibihugu bya Koreya y'Epfo, Oman na Viet Nam byoherereje ababihagararira mu Rwanda, bakaba bagejeje inyandiko z'ubutumwa bwabo(credential letters) kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa kabiri. Ambasaderi mushya wa Koreya y'Epfo, Jin-Weon Chae ufite icyicaro i Kigali, yijeje Perezida Kagame ko umubano w'ibihugu byombi ugiye kurushaho guteza imbere ubutwererane busanzweho, ubukungu n'ubucuruzi by'umwihariko. Koreya y'Epfo isanzwe ifite ikigo gishinzwe Iterambere mpuzamahanga (KOICA) cyohereza amafaranga, ibikoresho n'abakozi bashinzwe kwigisha […]

todayOctober 27, 2020 24

Inkuru Nyamukuru

Uwo mudasangira inkono ntimuzashyirwa mu cyiciro kimwe cy’ubudehe

Mu murenge wa Rugarama akarere ka Gatsibo, kamwe mu duce inzego z’ibanze zatangirijemo igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by'ubudehe, hari abagabo n’abagore bihakana abo bashakanye cyangwa abana babo, bavuga ko badakwiriye kuba mu cyiciro kimwe bitewe n’uko babahemukira. Ibi ni bimwe mu bibazo abaturage bashatse ko bikemurwa bakimara kumva ko umuntu udasangira inkono n’abo mu rugo rwe, agomba no guhabwa icyiciro cy’ubudehe cye. Abakozi b’inzego z’ibanze bashinzwe gushyira […]

todayOctober 27, 2020 58 1

Inkuru Nyamukuru

Menya abami n’abagabekazi batabarijwe i Rutare muri Gicumbi, ahaberaga igiterane

Umurenge wa Rutare w’akarere ka Gicumbi ni kamwe mu duce dufite amateka yihariye kuko hatabarijwe abami b’u Rwanda batandatu n’abagabekazi bane, ndetse hakaba haraberaga icyo bita igiterane cyangwa isoko ry’inka ryari irya kabiri mu Rwanda mu masoko manini y’amatungo. Ni kamwe mu dusantere akarere ka Gicumbi kavuga ko kazagira umujyi wunganira umurwa mukuru wako, hakaba hitaruye cyane umuhanda wa kaburimbo werekeza i Byumba, aho umuntu uva i Kigali akatira mu […]

todayOctober 27, 2020 153

Inkuru Nyamukuru

Yahohotewe n’umugabo amutera Sida, none ahozwa ku nkeke n’uwo bashakanye

Umubyeyi witwa Kwizera wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko ahohoterwa n’umugabo we kuva muri 2012, bivuye kuko yafunguwe agasanga yaranduye Sida. Ababazwa cyane no kuba uyu mugabo we adashobora kumva ko ari ibyamugwiririye, ariko agashengurwa cyane n’uko yanamuhariye urugo, akaba nta cyo amufasha. Kwizera uyu avuga ko batuye hafi y’agasantere. Ngo umunsi umwe yavuye guhinga, ashyira inkono ku ziko hanyuma arakaraba, nuko umudamu baturanye ufite […]

todayOctober 26, 2020 34

Inkuru Nyamukuru

Musenyeri Antoine Kambanda yagizwe Karidinali. Menya byinshi ku buzima bwe.

Arkiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Kambanda yagizwe karidinali nk’uko byatangajwe na Papa Francis kuri iki cyumweru. Musenyeri Antoine Kambanda akaba ari umwe mu bantu 13 baturuka mu bice bitandukanye by’isi bagizwe ba karidinali, akaba ari nawe munyarwanda wa mbere ubaye karidinali kuva kiliziya gatulika yagera hano mu rwanda. Musenyeri Kambanda uzuzuza imyaka 62 muri kwezi gutaha kw’ugushyingo, yabaye Arkiyepisikopi wa Kigali tariki 11 Ugushyingo 2018. Mbere yahoo akaba yari Musenyeri […]

todayOctober 25, 2020 92

Inkuru Nyamukuru

RURA yahagaritse ibiciro by’ingendo yari iherutse gutangaza

Urwego ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ingendo rusange byari byashyizweho tariki 14/10/2020 byahagaritswe. Itangazo RURA yashyize ahagaragara kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020 riragira riti: Hashingiwe ku byemezo by’inama Minisitiri w’Intebe yagiranye n’inzego zitandukanye, RURA iramenyesha Abaturarwanda bose ko ibiciro by’ingendo rusange byari byashyizweho tariki 14/10/2020 byahagaritswe mu gihe hagisuzumwa uko ubukungu bugenda bwisuganya muri ibi bihe by'icyorezo cya coronavirus. Muri iki gihe Leta izatanga ubwunganizi ku giciro cy’ingendo, mu […]

todayOctober 21, 2020 97

Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Urubyiruko rurasabwa kumenyana mbere yo gushyingirwa

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutabera Solina Nyirahabimana arasaba urubyiruko kubanza kumenyana ubwabo n’imiryango bakomokamo mbere yo gufata icyemezo gusezerana imbere y’amategeko. Yabitangaje kuri uyu wa 19 Ukwakira, ubwo imiryango 20 yo mu karere ka Gatsibo umurenge wa Kabarore, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yasezeranaga kubana akaramata. Iki kikaba ari kimwe mu bikorwa bigamije kureba uko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye byubahirizwa. Inkuru irambuye na SEBASAZA Gasana Emmanuel. Uretse gusezeranya imiryango ibana […]

todayOctober 19, 2020 40

Inkuru Nyamukuru

Menya impamvu hari imihanda yo muri Kigali yazamuriwe igiciro cy’ingendo

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwasobanuye impamvu hari imihanda itanu yo Mujyi wa Kigali yazamuriwe ibiciro byo gutwara abagenzi, bitandukanye n’ahandi kuko ho byagabanyijwe ugereranyije n’ibyashyizweho muri Covid-19. Ibyo bisobanuro byatanzwe nyuma y’aho abaturage bagaragarije ko batishimiye iryo zamuka ry’ibiciro by’ingendo, ahubwo bakifuza ko byasubira uko byari bimeze imbere ya Covid-19. Umuyobozi mukuru wa RURA avuga kandi ko ubuyobozi bwumva uburemere bw’ibibazo byatewe na Covid-19 bituma abaturage bagira ubushobozi buke, ari yo […]

todayOctober 19, 2020 63

0%