Inkuru Nyamukuru

Sri Lanka: Ibiro bya Minisitiri w’intebe byatangaje ko Perezida yemeje ko azegura

todayJuly 11, 2022 57

Background
share close

Perezida wa Sri Lanka Gotabaya Rajapaksa yemeje ko azegura, nkuko byavuzwe n’ibiro bya minisitiri w’intebe.

Ahantu Gotabaya Rajapaksa aherereye ntiharahishurwa kugeza ubu

Bibaye hashize iminsi ibiri imbaga y’abigaragambya yiraye aho abo bategetsi bombi baba. Abigaragambya baracyari muri izo nyubako ndetse barimo kwanga kuhava mu gihe cyose aba bategetsi bombi batarava ku butegetsi.

Mbere yaho, umukuru w’inteko ishingamategeko yari yavuze ko perezida azegura ku itariki ya 13 y’uku kwezi kwa karindwi.

Ahantu Rajapaksa aherereye kuri ubu ntiharamenyekana.

BBC dukesha iyi nkuru yabwiwe ko ari mu nyanja mu bwato bw’igisirikare kirwanira mu mazi.

Kwegura kwe kwatangajwe bwa mbere ku wa gatandatu n’umukuru w’inteko ishingamategeko, ariko Abanya-Sri Lanka benshi bakiranye gushidikanya igitekerezo cyuko azarekura ubutegetsi.

Ku wa gatandatu, abigaragambya biraye mu ngoro ya perezida, batera hejuru basaba ko yegura, banazunguza ibendera ry’igihugu

Kuri uyu wa mbere, nibwo ibiro bya Minisitiri w’intebe Ranil Wickremesinghe byasohoye itangazo bivuga ko byamenyeshejwe na Rajapaksa ko azegura ku wa gatatu.

Ariko Rajapaksa nta jambo yari yabivugaho we ubwe mu buryo butaziguye.

Bijyanye n’itegekonshinga rya Sri Lanka, kwegura kwe bishobora kwemerwa gusa ku mugaragaro ari uko yeguye abinyujije mu ibaruwa yandikiye umukuru w’inteko ishingamategeko, ibi bikaba bitaraba.

Mbere yaho, Minisitiri w’intebe Wickremesinghe na we yari yavuze ko azegura ku mwanya we.

Rajapaksa yari yavuye mu ngoro ye ya perezida mbere yuko abigaragambya bayiraramo ku wa gatandatu, basaba ko yegura.

Umuvandimwe we, Mahinda Rajapaksa wahoze ari Minisitiri w’intebe, ari mu gihugu mu kigo cya gisirikare cy’ingabo zirwanira mu mazi, nkuko abatanze amakuru babivuga.

Abanya-Sri Lanka bamaze amezi basaba ko aba bavandimwe bitwa Rajapaksa begura.

Perezida abonwa nk’uwateje imicungire mibi y’ubukungu bw’iki gihugu cyo muri Aziya y’amajyepfo, yatumye ubu hashize amezi mu gihugu harangwa ubucye bw’ibiribwa, ibitoro n’imiti.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abarimo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda.

Perezida Paul Kagame, akaba n'Umugaba Mukuru w'ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare batatu bo ku rwego rwa jenerali bava ku ipeti rya Brigadier General bashyirwa ku ipeti rya Major General undi ava ku ipeti rya Colonel agirwa Brigadier General. Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Ronald Rwivanga yagizwe Brigadier General Umukuru w'Igihugu abo yazamuye ku ipeti rya Major General ni Vincent Nyakarundi usanzwe uyobora urwego rw’ubutasi bwa gisirikare, hari Willy […]

todayJuly 11, 2022 834

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%