Inkuru Nyamukuru

Umunyeshuri w’umunyarwanda mu bahataniye igihembo cya miliyoni 100 Frw

todayJuly 24, 2022 336

Background
share close

Ernest Mugisha, umunyeshuri w’umunyarwanda w’imyaka 22 wiga muri Kaminuza y’Ubuhinzi n’Ubworozi bushingiye ku kubungabunga ibidukikije (RICA), ari muri 50 batoranijwe bahataniye igihembo cy’amadolari ibihumbi 100 (miliyoni 100 Frw). Gitangwa na Chegg.org.

Ernest Ishimwe ari mu bahataniye Igihembo cya miliyoni 100 z’amanyarwanda

Iki gihembo ngarukamwaka cya Chegg.org Global Student Prize 2022, gihabwa umunyeshuri wahize abandi wabashije kugira uruhare runini mu gufasha bagenzi be haba mu myigire, ubuzima bwabo ndetse na sosiyete muri rusange.Mugisha yatoranijwe mu bandi bahataniye iki gihembo bagera hafi ku 7,000 baturutse mu bihugu 150.

Chegg ni isosiyete ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga muri Amerika ifite icyicaro i Santa Clara, muri Californiya.Iki gihembo ngarukamwaka cyatangijwe na Chegg.org ifatanyije na Varkey Foundation cyaturutse ku bindi bihembo birimo igihabwa abarimu, aho uwatsinze ahabwa Igihembo cya miliyoni 1 y’amadolari (miliyari 1 Frw).

Varkey Foundation ni umuryango mpuzamahanga w’abagiraneza wibanda ku kuzamura ireme ry’uburezi byumwihariko ku bana batishoboye.

Iri rushanwa ryashyizweho hagamijwe gushyiraho urubuga rushya rukomeye rumurikira imbaraga z’abanyeshuri bindashyikirwa hirya no hino, baharanira ibikorwa bihindura isi.

Ernest Mugisha ni muntu ki?

Uyu musore w’imyaka 22, ni rwiyemezamirimo, akorera ubuvugizi urubyiruko rufite intumbero n’intego zigamike kuzamura ubuzima bw’imiryango itishoboye n’ibindi bitandukanye.

Mugisha kandi ni umwe mu bashinze Ikigo cya Infim AG-Transform Africa gitanga ubujyanama mu bijyanye n’ubuhinzi, kuva mu gihe cy’ihinga, uburyo bwo kugeza umusaruro ku masoko ndetse no gukurikirana imishinga.

Mugisha kandi ni umwe mu bashinze akaba n’umuyobozi wa MHF, gahunda ifasha abahinzi kubona umusaruro btavuye aho batuye cyangwa ngo bahinge ubutaka.

Yanashinze kandi umuryango udaharanira inyungu uzwi nka Pangelassa Revival ugamije abantu gukemura ibibazo byihariye.

Dan Rosensweig, umuyobozi mukuru wa Chegg, yavuze ko kuva iki gihembo cyatangira gutangwa cyahaye amahirwe abanyeshuri bo hirya no hino kubasha kuvuga inkuru.

Yagize ati: “Kuva cyatangizwa umwaka ushize, igihembo gihabwa abanyeshuri ku isi cyabahaye amahirwe badasanzwe yo kuvuga inkuru zabo, guhura na bagenzi babo, abafite uruhare mu burezi ndetse no bindi”.

Yakomeje agira ati: “Uyu munsi kuruta uko byahoze mbere, abanyeshuri nka Ernest bakwiriye kuvuga inkuru zabo kandi bagategwa amatwi. N’ubundi kandi, dukeneye gukoresha inzozi zabo, ubushishozi bwabo, ndetse n’ubuhanga bwabo kugira ngo duhangane n’ibibazo bitoroshye kandi byihutirwa ku isi yacu.”

Yavuze ko abatoranyijwe uyu mwaka bagize uruhare rukomeye mu nzego zirimo bidukikije uburinganire n’ubutabera, ubuzima n’imibereho myiza, uburezi n’ubumenyi, kongerera ubushobozi urubyiruko mu rwego rwo kuva mu bukene.

Muri Kanama, nibwo hazatoranywa abandi banyeshuri 10, ari nabo bazavamo uzegukana iki gihembo kizatangwa mu mpera z’umwaka. Nk’uko inkuru ya The New Times ibitangaza.

Igihembo cy’umwaka ushize cyegukanywe na Jeremiah Thoronka, w’imyaka 21 ukomoka muri Sierra Leone.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Polisi yagaruje moto 2 zari zibwe, abazibye barafatwa

Ku wa Gatanu, tariki ya 22 Nyakanga, Polisi y'u Rwanda yagaruje moto 2 zari zibwe, zafatiwe mu bikorwa bitandukanye byakozwe mu turere twa Gasabo na Nyagatare, aho hafashwe abantu batatu bacyekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura. Hafashwe abantu babiri ari bo; Bizimana Innocent na Hakorimana Ciel bibye moto yo mu bwoko bwa TVS ifite pulake nimero RE 517 X, ifatirwa mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Nduba, Akagali ka Gatunga, […]

todayJuly 24, 2022 125

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%