Ku rutonde rw’intwari zishyinguwe muri icyo gicumbi harimo Robert Gabriel Mugabe, wabaye Perezida wa Zimbabwe igihe kinini, Cephas Cele, Oliver Mtukudzi, Elliot Manyika, Witness Mangwende, Felix Ngwarati Muchemwa, Sabina Mugabe, Edgar Tekere, Joshua Nkomo, Samuel Mamutse na Dzingai Mutumbuka, Sally Mugabe, n’abandi.
Minisitiri Dr Biruta, muri uyu muhango yari aherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe, James Musoni.
Minisitiri Biruta ari muri Zimbabwe kuva ku wa Gatanu tariki 29 Nyakanga, aho yakiriwe na Perezida Emmerson Mnangagwa, ndetse hashyirwa umukono ku masezerano atatu y’ubufatanye mu nzego z’ubwikorezi n’ibikorwaremezo, imigenderanire no kohererezanya abanyabyaha.
Post comments (0)