Inkuru Nyamukuru

RUBAVU: Polisi yafashe magendu ibiro birenga 830 by’imyenda ya caguwa

todayJuly 31, 2022 72

Background
share close

Ku wa Kane tariki ya 28 Nyakanga 2022, Polisi yafashe ibiro 832 by’imyenda ya caguwa yinjiye mu gihugu mu buryo bwa magendu ivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ni mu bikorwa Polisi y’u Rwanda ifatanyijemo n’abaturage mu rwego rwo gukaza ingamba zo gufata abantu binjiza magendu bayikuye mu bihugu duturanye bakayinjiza mu gihugu.

Iyi magendu yafatiwe mu Mudugudu wa Karuvugiro, Akagali ka Burushya, Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko imyenda yafashwe yari ipakiye mu mifuka 19 ifatanwa uwitwa Uzabumwami Isidore afatwa n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC).

Yongeyeho ko iyi magendu y’imyenda ya caguwa yinjiye mu gihugu ivuye muri RD Congo bayinyujije mu kiyaga cya Kivu.

Abapolisi bo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC) bari bafite amakuru ko Uzabumwami n’umuhungu we Nizeyimana ari baruharwa mu kwinjiza magendu y’imyenda ya caguwa, kandi ko anavugana n’abazanye caguwa ba kayigeza ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu nawe akayifata akayishyira abacuruzi mu isoko rya Mahoko.

Ati: “Abapolisi bagiye murugo rwa Uzabumwami basatse iwe bahasanga imifuka ine y’imyenda, bagiye murugo rw’umuhungu we Nizeyiamana bahasanga imifuka 15.”

Gusa Nizeyimana akimara kumenya ko ashakishwa yahise atoroka ariko nawe akaba arimo gushakishwa ngo afatwe.

SP Karekezi yashimye uruhare rw’abaturage batanga amakuru ngo abakora magendu bafatwe bahanwe, anabasaba gukomeza gutanga amakuru kugira ngo n’abatarafatwa nabo bafatwe.

Yasoje yihanangiriza abaturage baturiye imipaka y’ibihugu duturanye kureka kwijandika mu bikorwa byo kwinjiza magendu n’ibindi bicuruzwa bitemewe mu gihugu, yanabibukije ko magendu ari mbi kuko imunga ubukungu bw’igihugu kandi ko ufatiwe muri ibi bikorwa ahanwa n’amategeko ibihano bikomeye birimo no gufungwa.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara ndetse n’imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara naho umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Malawi bizihije #Kwibohora28

Abanyarwanda n’inshuti zabo baba mu gihugu cya Malawi bizihije umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 28, bishimira aho igihugu kimaze kugera no kuba intangarugero mu ruhando mpuzamahanga. Ni igikorwa cyitabiriwe n'abantu batandukanye barimo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Malawi, Nancy Tembo, Ambasaderi uhagarariye u Rwanda muri Malawi, Amandin Rugira, abahagarariye ibihugu byabo muri Malawi n'zindi nshuti z'u Rwanda. Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu, Rugira Amandini yagaragaje uruhare rwa […]

todayJuly 31, 2022 61

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%