Pastor Julienne avuga ko bateganya no kwishyurira abana 20 barangije amashuri y’isumbuye, ariko bikinozwa neza n’itsinda ribishinzwe hamwe n’abafatanyabikorwa.
Kabanda avuga ko intego za Grace Room Ministries ari Uguhindura ubuzima binyuze mu ijambo ry’ imana ( Inyigisho, ibiterane n’ibiganiro) ndetse no mu bikorwa byo gufasha abatishoboye no kubongerera ubushobozi.
Ubwo bufasha bukorwa mu byiciro bitatu bugizwe no gufasha kujyana mu mashuri abana bo mu miryango itishoboye, gufasha urubyiruko n’abagore bayoboye ingo zitishoboye kwihangira imirimo no kwiteza imbere.
Harimo kandi no gufasha abatikibashije kwikorera bagizwe n’ibyiciro by’abakuze, n’abafite uburwayi buhoraho.Igiterane giteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 13 Kanama 2022, cyateguwe mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, kwirinda inda zitateguwe, gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo no kwiyegurira Imana.
Ni igiterane kizabera ku kibuga cy’ishuri Umwungeri Mwiza (Good Shepherd Primary School) riri mu Murenge wa Remera, akagari ka Nyabisindu, Umudugudu wa Marembo i.
Iki giterane kandi kizarangwa n’ibiganiro, amarushanwa y’urubyiruko hatangwe n’ibihembo, kikaba gihuza abantu baturutse mu matorero atandukanye
Kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Kanama 2022, nibwo habaye tombola y’uko amakipe azahura mu ijinjora ry’ibanze mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAF Champions League 2022-2023, isiga APR FC ihagarariye u Rwanda, izahura na US Monastir yo muri Tunisia. APR FC itomboye US Monastir yo muri Tunisia Ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 bikayihesha itike yo gusohokera Igihugu mu irushanwa rya CAF Champions […]
Post comments (0)