Inkuru Nyamukuru

Yvan Buravan yitabye imana azize Cancer

todayAugust 17, 2022 637 1

Background
share close

Umuhanzi Burabyo Yvan (Yvan Buravan) yitabye Imana aguye mu bitaro byo mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza.

Yvan Buravan yitabye Imana azize Cancer y’urwagashya

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa 17 Kanama 2022 nibwo byamenyekanaga ko yitabye Imana.

Mu itangazo ryasohowe n’abashinzwe kureberera inyungu ze, bahamije ko Buravan yazize indwara ya Kanseri y’urwagashya yari amaranye iminsi.

Itangazo ryagaragajwe n’abamuhagarariye mu muziki rigaragaza ko Yvan Buravan yitabye Imana mu inoro ryakeye.

“Ni akababaro kadasanzwe turabamenyesheje urupfu rutunguranye rwa Yvan Buravan dukunda, rwabaye kuri uyu mugoroba mu Buhinde, aho yari ari kwivuriza kanseri y’urwagashya.”

“Yvan Buravan yari umutima nyawo wagaragarizaga umunezero abantu bose bamukikije. Yadushishikarije twese gukunda Igihugu cyacu n’umuco wacu”.

Iri tangazo ryongeyeho ko urupfu rwa Buravan rusize icyuho gikomeye haba mu muryango we, inshuti ndetse n’uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Itangaza rikomeza rigira riti: ” Turabasaba ubufatanye mu muryango, inshuti ndetse n’abafana be muri iki gihe cy’akaga gakomeye.”

Amakuru y’abantu be ba hafi avuga ko Buravan yatangiye kuremba nyuma yo kuririma indirimbo yise “Big time”, atangira kwivuza ku ya 2 Nyakanga muri uyu mwaka.

Yasubiye imuhira nyuma yo kumara icyumweru mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal. Icyo gihe Buravan aka yaratangaje ko arimo gukira ariko biza gutangazwa nyuma ko yagiye muri kenya gukomeza kwivuriza yo.

Kuva icyo gihe, ubuzima bwa Buravani bwakomeje kuzahara bituma abakunzi n’abafana bifatanya na we bamusengera aho kugira ngo bakomeze bavuge ku burwayi bwe mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yo kumara iminsi mike muri kenya, Buravan yagarutse mu Rwanda mbere yo kurizwa indege ijya mu buhinde mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kanama.

Yvan Buravan yavutse mu 1995 i Gikondo. Se yitwa Burabyo Michael na nyina akitwa Uwikunda Elizabeth. Ni bucura mu muryango w’abana batandatu.

Amashuri abanza yayigiye i Gikondo ku kigo cya Le Petit Prince, ayisumbuye ayakomereza muri Amis des Enfants na la Colombière.

Yahise akomereza muri Kaminuza y’u Rwanda muri Koleji yigisha ubucuruzi, itumanaho n’ikoranabuhanga.Yatangiye kuririmba mu 2009, akiri muto kuko yari afite imyaka 14.

Umuziki nk’umwuga yawutangiye ku mugaragaro mu 2016, Abanyarwanda nabo baramukundira, bakirana yombi ibihangano bye. Yaririmbaga injyana zirimo R&B, Soul na Afrobeat.

Muri 2018 Buravan yitabiriye irushanwa rya Prix Decouvertes yanaje kwegukana aba umunyarwanda wa kabiri uryegukanye mu mateka.

Ni irushanwa yegukanye rimuha amahirwe adasanzwe kuko yazengurutse mu bihugu 12 bikoresha ururimi rw’Igifaransa muri Afurika.

Yvan Buravan yitabye Imana abaye undi munyarwanda wegukanye igihembo cya Prix Decouvertes

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Polisi yagaruje mudasobwa zibwe abanyamahanga, bane batabwa muri yombi

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa ebyiri ziherutse kwibwa abanyamahanga babiri barimo umunya Kenya n’umuhinde ubwo bari bitabiriye inama zabereye muri Convention Center na Marriot Hotel, hafatwa abantu bane bacyekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura. Abafashwe ni uwitwa Munyaneza Eddie Bertin ukurikiranyweho kuba yaritwaraga nk’umwe mu batumirwa akinjira ahabera inama azanywe no kwiba ziriya mudasobwa, aho iya mbere yayibye muri Convention Center ahaberaga inama Mpuzamahanga yiga ku byanya by’Afurika bikomye (APAC) […]

todayAugust 16, 2022 223

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%