Inkuru Nyamukuru

Kenya: Undi wari ukuriye amatora yapfuye urupfu rw’amayobera

todayAugust 23, 2022 90

Background
share close

Polisi ya Kenya iri gukora iperereza ku rupfu rw’umuntu wa kabiri wari ukuriye amatora ku rwego rw’akarere mu matora aherutse kurangira muri icyo gihugu. 

Geoffrey Gitobu yituye hasi ahita apfa ubwo yari arimo kuvurwa ku bitaro biri mu mujyi wa Nanyuki hagati muri Kenya. 

Gitobu yari ashinzwe amatora mu karere ka Gichugu, mu ntara ya Kirinyaga, ahavuka Martha Karua, umukandida watsinzwe ku mwanya wa visi perezida ariko waregeye ibyavuye mu matora.   

Urupfu rwa Gitobu rukurikiye urw’undi nawe wari ukuriye amatora muri kamwe mu turere tugize umurwa mukuru Nairobi, wakorewe iyicarubozo maze akicwa nyuma yo kuburirwa irengero aho babarira amajwi. 

BBC ivuga ko umurambo w’uyu waje kuboneka muri kilometero zigera kuri 200 ugana mu burengerazuba bwa Kenya. 

Wafula Chebukati, perezida wa komisiyo y’amatora ya Kenya, mbere yavuze ko abakozi b’iyi komisiyo batewe ubwoba kubera amatora ya tariki 09 Kanama. 

Mu gihe cyo gutangaza ibyavuye mu matora, aho byaberaga ku murwa mukuru habaye akajagari n’imirwano yahise ihagarikwa na polisi. 

Chebukati yavuze ko abanyapolitiki bamwe bashakaga ko adatangaza ibyavuye mu matora ndetse ko we n’abandi bakorana babiri bakomerekejwe, nubwo aterekanye ibimenyetso.

Raila Odinga watsinzwe arushwa amajwi atari menshi cyane na mucyeba we William Ruto, avuga ko habaye amakosa akomeye mu majwi yatangajwe, ko atajyanye n’amajwi y’ukuri yavuye ku biro by’itora mu gihugu. 

Kuwa mbere, ari kumwe na Martha Karua n’abandi benshi babashyigikiye, bagejeje ku rukiko i Nairobi inyandiko zitwawe n’imodoka nini bavuga ko ari ibihamya by’ibyo bavuga. 

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Polisi y’u Rwanda na Singapore zasinyanye amasezerano mu kurwanya ibyaha ndengamipaka n’icuruzwa ry’abantu.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’intumwa ayoboye zirimo Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col. (rtd) Jeannot Ruhunga, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu gihugu cya Singapore mu rwego rwo gushimangira ubufatanye hagati y’inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko mu bihugu byombi. Ni uruzinduko IGP Munyuza agiriye muri Singapore ku butumire bwa mugenzi we, Commissioner General (CG) Hoong Wee Teck. Ku wa Kabiri, tariki ya 23 Kanama, IGP […]

todayAugust 23, 2022 52

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%