Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Rob Walton wahoze ayobora Walmart

todayAugust 23, 2022 88

Background
share close

Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wambere tariki 22 Kanama 2022, yakiriye aanagirana ibiganiro na Rob Walton wahoze ari Perezida wa wa sosiyete y’ubucuruzi Walmart akaba na nyir’ikipe ya Denver Broncos.

Rob Walton wari uherekejwe na Niyonkuru Zephanie Umuyobozi Mukuru wungirije w’ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere RDB, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho azasura Pariki y’Igihugu y’Akagera n’iya Nyungwe mu rwego rw’imikoranire na African Parks.

Umuryango African Parks niwo ucunga Pariki y’Akagera na Pariki ya Nyungwe.

Rob Walton asanzwe ari umwe mu bagize Komite ishinzwe kwita ku bidukikije mu muryango yashinze Walton Family Foundation. Ni umwe mu batanze ubufasha bw’ingirakamaro mu guteza imbere pariki y’Akagera nkuko African Parks ibitangaza.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

MINICOM yazamuye igiciro cy’amata

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko igiciro cy’amata cyiyongereho amafaranga 72Frw kuri litiro, bitewe n’ikibazo cy’izuba ryinshi ryatumye aborozi bashora byinshi mu kubonera inka amazi n’ubwatsi. Itangazo iyi Minisiteri yasohoye ku wa Mbere tariki 22 Kanama 2022, rivuga ko iki cyemezo cyavuye mu busesenguzi bw’ibibazo aborozi bafite muri ibi bihe by’impeshyi, bwakozwe ku matariki 16-19 Kanama 2022, bukaba bwari buhuriweho n’inzego zitandukanye, zishinzwe uruhererekane nyongeragaciro rw’amata. MINICOM ivuga ko umworozi […]

todayAugust 23, 2022 157

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%