Ati “Nta byinshi dufite byo kuvuga kuri Buravan uretse kuvuga ko igihe cye cyari iki Imana yamugeneye hano ku isi.”
Yihanganishije abahanzi bagenzi be kubera umubabaro bagaragaje ubwo bahabwaga umwanya wo kugira icyo bavuga kuri Buravan.
Minisitiri Mbabazi yavuze ko kimwe mu byo yibukira ku muhanzi Buravan ari mu gihe cya Covid-19 ubwo abantu bari mu rugo hagakorwa inama bareba icyazahura umuziki ndetse n’abahanzi bari bagezweho n’ingaruka za covid-19, icyo gihe Buravan atanga igitekerezo ko bagomba gukoresha ikoranabuhanga ariko ntibahagarike umuziki.
Yvan Buravan yagize ati “Ntabwo twacika intege ibihangano n’inganzo turayifite reka dukoreshe ikoranabuhanga tubigeze kure”.
Minisitiri Mbabazi yavuze ko Buravan ari mu bahanzi basusurukije abantu mu bihe bya covid-19 ndetse akarangwa n’umuco.
Ati “Abenshi muri hano muri urubyiruko ni irihe somo dukuye kuri Yvan, yari ishema ku gihugu cyacu, yari ishema ku mugabane wacu, no ku isi hose yagombye kubabera isomo mu buzima”.
Minisitiri Mbabazi yavuze ko umunsi Buravan yatabarutse u Rwanda rwabonye ubutumwa butandukanye bubihanganisha ndetse bamwe babaza ku burwayi bwa Yvan. Yasabye urubyiruko rw’abahanzi kwigira kuri Buravan batekereza inkuru bazasiga imusozi.
Minisitiri Mbabazi yavuze ko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose ngo Yvan Buravan ahabwe ubuvuzi mu gihugu cy’u Buhinde akaba ashimira abayobozi bakoze ibishoboka byose ngo avurwe”.
Post comments (0)