Day: August 25, 2022

10 Results / Page 1 of 2

Background

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yahaye umurongo ibibazo birimo iby’abamotari

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakemuye ibibazo by’abaturage b’Akarere ka Ruhango ndetse bimwe muri byo asaba inzego bireba kubikurikirana. Mu ruzinduko rw’iminsi ine yatangiye rwo kuganira n’abaturage mu Ntara y’Amajyepfo n’Iburengerazuba, aho yarutangiriye mu Karere ka Ruhango kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022, yagejejweho bimwe mu bibazo abaturage bafite kugira ngo abibakemurire. Kanani Vianney, umuhinzi w’imyumbati, ni we wabimburiye abandi ageza kuri Perezida Paul Kagame ikibazo cy’ifumbire mvaruganda […]

todayAugust 25, 2022 131

Inkuru Nyamukuru

Ruhango: Perezida Kagame yemeye kubaha ibyo yabasezeranyije yiyamamaza muri 2017

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasezeranyije abaturage b’Akarere ka Ruhango ko ibyo yabemereye yiyamamaza mu mwaka wa 2017, ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, bitarakorwa bigieye gushyirwamo imbaraga bikagera ku baturage. Yabitangaje mu ruzinduko rw’iminsi ine yatangiye rwo kuganira n’abaturage mu Ntara z’Amajyepfo n’Iburengerazuba, aho yarutangiriye mu K arere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022. Agaruka ku byo yabasezeranyije ubwo yiyamamazaga mu mwaka […]

todayAugust 25, 2022 72

Inkuru Nyamukuru

Col (Rtd) Rutabana yashyikirije Perezida wa Sudani y’Epfo inyandiko zo guhagararira u Rwanda

Ambasaderi w'u Rwanda muri Sudani y’Epfo, Col (Rtd), Joseph Rutabana yashyikirije Perezida Salva Kiir Mayardit, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Sudani y'Epfo. Uyu muhango wabereye ku biro by'Umukuru w'Igihugu biri mu murwa Mukuru wa Sudani y'Epfo, Juba, kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022. Ku ya 25 Nzeri 2020, nibwo Inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi batandukanye. Mu bayobozi bashyizwe […]

todayAugust 25, 2022 143

Inkuru Nyamukuru

Umwenda ntabwo nashoboye kuwishyura wose ariko turacyakomeza – Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame kuva kuri uyu wa kane tariki 25 Kanama 2022, yatangiye urugendo rw’iminsi ine mu Ntara y’Amajyepfo n’Iburengerazuba, aho yarutangiye ahura n’abaturage bo mu turere twa Ruhango, Nyamasheke, Karongi na Nyamagabe. Urugendo rwe rwa mbere mu Ntara y’Amajyepfo yarutangiriye mu Karere ka Ruhango, aho yaherukaga ku wa 14 Nyakanga 2017 ubwo yiyamamarizaga manda ye ya gatatu imaze imyaka itanu. Avuga ko nubwo hari umwenda atabashije kwishyura wose ariko […]

todayAugust 25, 2022 656

Inkuru Nyamukuru

Ikoranabuhanga rizagabanya umwanya abarimu bamaraga bategura cyangwa bigisha amasomo

Abarimu basaga ibihumbi bine baturutse mu mashuri 150 abanza n’amashuri y’incuke yo hirya no hino mu gihugu, kuva ku wa kabiri tariki 23 Kanama 2022, bateraniye mu Karere ka Musanze, aho bongererwa ubumenyi, mu bijyanye no gukoresha ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa ntoya (tablet), hagamijwe kuborohereza mu gutegura no kwigisha amasomo baha abana; mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi. Buri mwarimu uhabwa aya mahugurwa anahabwa mudasobwa yo kwifashisha mu gushyira mu […]

todayAugust 25, 2022 150

Inkuru Nyamukuru

Ikibuga Rayon Sports yitorezagaho cyafunzwe

Ikibuga cyo mu Nzove gisanzwe gikoreshwa n’ikipe ya Rayon Sports mu myitozo, cyafunzwe kugira ngo kivugururwe gishyirwe ku rwego rwiza bityo biyifashe kujya yitegura neza. Ikibuga cyo mu Nzove cyafunzwe ngo kivugururwe Mu minsi ishize Ikipe ya Rayon Sports n’umuterankunga mukuru wayo, Skol, nibwo batangaje ko hateganywa ko mu gihe cya vuba ikibuga cy’imyitozo iyi kipe ikoresha giherereye mu Nzove, kizavugururwa kugira ngo cyongererwe ubushobozi ndetse kinatunganywe neza. Kuri ubu […]

todayAugust 25, 2022 1961

Inkuru Nyamukuru

Uganda: Gen Elly Tumwine wabaye Minisitiri w’umutekano yitabye Imana

General Elly Tumwine wahoze ari Minisitiri w’umutekano muri Uganda yitabye Imana, yaguye mu bitaro by’i Nairobi muri Kenya aho yari amaze iminsi avurirwa.  Gen Tumwine umwe mu basirikare bakomeye Uganda yagize yitabye imana ku myaka 68 Perezida Yoweri Museveni yanditse kuri Twitter ye ubutumwa avuga ko Gen Elly Tumwine yapfuye saa 5:46 z’igitondo cya none kuwa kane i Nairobi azize cancer y’ibihaha.  Yanditse amagambo yo kumushima ibyo yakoze, ati: “Byinshi […]

todayAugust 25, 2022 77

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame arasura Intara y’Amajepfo n’iy’Iburengerazuba mu ruzinduko rw’iminsi ine

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane aratangira uruzinduko rw’iminsi ine mu Ntara y’Amajepfo n’iy’Iburengerazuba, aho azasura abaturage mu Turere rwa Ruhango, Nyamagabe na Nyamasheke. Uru rugendo ruteganyijwe guhera kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama kugeza ku Cyumweru tariki 28 Kanama 2022. Ruhango, niko karere umukuru w'igihugu ari butangirire uru rugendo. Akarere ka ruhango gaherereye rwagati mu Rwanda, ni kamwe mu turere 8 tugize Intara y'Amajyepfo kakaba kamwe mu turere […]

todayAugust 25, 2022 551

Inkuru Nyamukuru

Umugore wa Kobe Bryant yagenewe miliyoni $16 y’impozamarira kubera amafoto y’impanuka

Umugore wa Kobe Brayant yagenewe impozamarira ya miliyoni $16 kubera amafoto yasohowe y’ahabereye impanuka ya kajugujugu yishe umugabo we n’umukobwa we mu 2020.  Vanessa Bryant avuga ko yababajwe ndetse agambaniwe n’inkuru y’uko amafoto y'impanuka yahitanye umugabo we yasohotse Vanessa Bryant w’imyaka 40, yavuze ko yagize ihungabana nyuma yo kumenya ko ayo mafoto yafashwe n’abapolisi ba Los Angeles n’abazimya umuriro bakayakwirakwiza.  Abacamanza bavuze ko ubutegetsi bw’agace kabereyemo iyo mpanuka muri Los […]

todayAugust 25, 2022 165

0%