Perezida Kagame yahaye umurongo ibibazo birimo iby’abamotari
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakemuye ibibazo by’abaturage b’Akarere ka Ruhango ndetse bimwe muri byo asaba inzego bireba kubikurikirana. Mu ruzinduko rw’iminsi ine yatangiye rwo kuganira n’abaturage mu Ntara y’Amajyepfo n’Iburengerazuba, aho yarutangiriye mu Karere ka Ruhango kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022, yagejejweho bimwe mu bibazo abaturage bafite kugira ngo abibakemurire. Kanani Vianney, umuhinzi w’imyumbati, ni we wabimburiye abandi ageza kuri Perezida Paul Kagame ikibazo cy’ifumbire mvaruganda […]