Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022, urubyiruko, abakuze n’abahanzi, abayobozi n’abakunda umuziki wa Yvan Buravan uherutse kwitaba Imana, bamuherekeje, bamusezeraho bwa nyuma n’agahinda kenshi n’amarira, akaba yashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya Rusororo.
Urupfu rwa Dushime Burabyo Yvan Buravan rwatangajwe n’abo mu muryango we ku ya 17 Kanama 2022, aho bavuze ko yazize indwara ya kanseri y’impindura (Pancreatic Cancer), akaba yaraguye mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza.
Umubyeyi we, Burabyo Michael yongeyeho ko yamubonaga nk’umwana ufite icyerekezo gikomeye uzagera kure.
Ati “Ibi bihe byo kumusezeraho bitweretse ko yari afite inshuti koko, gusa yanakundaga umuco”.
Yvana Buravan wari umaze igihe kitari gito mu muziki, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka Malaika, This is love, Ninjye nawe, Oya, Just a dance, Garagaza, canga Irangi, Si belle n’izindi zakunzwe na benshi.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, ari muri Botswana aho yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu. Muri uru ruzinduko yatangiye kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022, Minisitiri Murasira yashyize umukono ku masezerano yerekeranye n’ubutwererane mu by’Ingabo. Yari aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Botswana, James Musoni. Minisitiri Murasira kandi muri uru ruzinduko ari kumwe na Brigadier General Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Ngabo z’u […]
Post comments (0)