Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Abanyarwandakazi bari mu Ngabo za UN bahuguye abaturage ku kurwanya Malaria

todayAugust 26, 2022 159

Background
share close

Abagore babarizwa muri Batayo ya mbere mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa UNMISS, muri Sudani y’Epfo, batanze amahugurwa ku kurwanya Malaria.

Ni amahugurwa yatanzwe ku wa Kane tariki 25 Kanama 2022, bayagenera bamwe mu bagore batuye akarere ka Reggo Payam, mu Ntara ya Terekeka muri Sudani y’Epfo.

Nyuma y’aya mahugurwa, abayitabiriye bahawe bimwe mu bikoresho byo kurwanya imibu itera Malaria. Bakanguriwe kandi ko ari ngombwa gukoresha inzitiramibu, gusiba ibinogo birekamo amazi, gutema ibihuru bikikije ingo zabo no gufunga imiryango n’amadirishya hakiri kare.

Peter Lumo Lumaya, Umuyobozi w’akarere ka Reggo Payam yashimiye aba bagore bo mu Ngabo z’u Rwanda, zishinzwe kubungabunga amahoro ku bw’aya mahugurwa batanze ku bijyanye n’uburyo bwo gukumira malariya yibasira abaturage babo, ndetse n’ingaruka zikomeye bigira ku bagore batwite n’abana bari munsi y’imyaka 5.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yasuye umukecuru Nyiramandwa wo mu Karere ka Nyamagabe

Mu ruzinduko rw’umunsi wa kabiri Perezida Kagame yagiriye mu Ntara y’Amajyepfo, kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kanama 2022, yasuye umukecuru witwa Nyiramandwa Rachel utuye mu Karere ka Nyamagabe. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yaganiriye n’uyu mukecuru ibirebana n’imibereho myiza ndetse n’iterambere ry’umuturage no kuri gahunda ya Girinka munyarwanda. Uyu mukecuru Nyiramandwa ubu afite imyaka 110 y’amavuko na we ari mu bahawe inka kugira ngo ijye […]

todayAugust 26, 2022 234

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%