Mu gihe imirimo yo gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu irimbanyije, ni nako abaturage bashishikarizwa kuyabyaza umusaruro, akababera inkingi ya mwamba y’iterambere ryabo, ntibigarukire ku gucana amatara gusa no gucomeka ibikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi nka telefoni, televiziyo, radiyo, frigo, ipasi n’ibindi.
Mu Ntara y’Iburengerazuba, hakorewe imishinga myinshi yakwirakwije amashanyarazi bituma umubare w’ingo ziyafite uzamuka. Mu mwaka ushize w’ingengo y’imari, ingo hafi ibihumbi 30 muri iyi Ntara zahawe amashanyarazi afatiye ku muyoboro rusange, mu gihe izindi zisaga ibihumbi 31 na zo zahawe amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
By’umwihariko mu turere twa Karongi, Nyamasheke na Rusizi, ingo zahawe amashanyarazi zariyongereye cyane mu myaka 5 ishize, ndetse n’Imirenge yari kure cyane y’imiyoboro, aho abaturage batatekerezaga ko babona amashanyarazi bashimishwa no kubona abageraho na bo bajyana n’iterambere.
Umurenge wa Bweyeye uherereye hakurya y’ishyamba rya Nyungwe, wahawe amashanyarazi mu 2017. Abawutuye bavuga ko kuba baragejejweho amashanyarazi n’ubu bakibibona nk’igitangaza. Umuyoboro w’amashanyarazi wahageze uturutse mu Murenge wa Butare, ahantu hareshya n’ibirometero bibarirwa muri 45.
Umwe mu batuye muri uyu Murenge ubwo yari amaze kubona amashanyarazi yagize ati: “Ikintu cyatumaga tubona ko ari inzozi ni uko twabonaga dutuye inyuma y’ishyamba tukabona insinga ntaho zanyura. Mbega muri make ni amajyambere yageze iwacu, Bweyeye yabaye nziza cyane.”
Urundi rugero rw’ahagejejwe amashanyarazi bwa mbere muri iyi myaka mike ishize, ni mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro. Uyu Murenge utaragiraga urugo na rumwe rucanye amashanyarazi, ubu ufite ingo zibarirwa muri 85% zifite amashanyarazi. Abahatuye na bo barakataje mu iterambere.
Muri rusange muri iyi Ntara, usanga aho amashanyarazi yageze ubuzima bwarahindutse, ibikorwa byariyongereye ndetse n’ubucuruzi bwarateye imbere. Ababonye amashanyarazi bahamya ko mu mibereho yabo hari byinshi byahindutse, batandukana n’umwijima wa nijoro, ndetse babona hafi serivisi z’ibanze batagombye gukora ingendo ndende.
Muri Karongi hubatswe amasoko ya Rwankuba, Twumba, na Gishyita ndetse n’Agakiriro kubatse mu buryo bugezweho kari mu Murenge wa Mubuga. Naho mu Karere ka Nyamasheke, hubatswe amasoko ya Mahembe, Ruharambuga, Ntendezi na Karengera. Mu Karere ka Rusizi hubatswe amasoko mu Mirenge ya Butare, Gikundamvura, Nyakabuye na Bugarama ndetse n’agakiriro mu Murenge wa Bugarama.
Vincent Kayigema yagize ati: “Ibyo bikorwa remezo uko ari 14 byamaze kuzura ndetse ubu hafi ya byose byatangiye gukoreshwa”.
Bwana Hategekimana Pascal uhagarariye abacururiza muri iri soko, avuga ko kuba iri soko rihari ndetse hakaba hari n’umuriro w’amashanyarazi, byafashije cyane aborozi bo muri kariya Karere kuko ubu bakoreramo ubucuruzi bwagutse.
Ati: “Hano hantu hakorerwa ubucuruzi bukomeye bw’ingurube kuko n’abanyekongo baza kuzirangura ino aha. Mbere y’uko tubona iri soko rero, twacuruzaga ingurube zitarenze 300 ku munsi w’isoko. Ariko ubu aho tuboneye iri soko rinatwikiriye, ducuruza ingurube ziri hagati ya 600 na 700 ku munsi. Urumva ko inyungu yiyongereye cyane”.
Post comments (0)