Inkuru Nyamukuru

Perezida wa Mozambique yashimye ibimaze gukorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda

todaySeptember 21, 2022 78

Background
share close

Perezida wa Repubulika ya Mozambike, Filipe Jacinto Nyusi yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu ntara ya Cabo Delgado, mu karere ka Mocimboa da Praia, ashima ibimaze gukorwa n’Ingabo z’u Rwanda.

Uru ruzinduko rwabaye ku wa 20 Nzeri 2022, aho yaboneyeho akanya ko kuganira n’abaturage basubiye mu ngo zabo nyuma y’imyaka myinshi mu barahunze ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba.

Mu butumwa yagejeje ku nzego z’umutekano z’u Rwanda, yabashimiye ibikorwa bikomeye byakozwe mu kurwanya iterabwoba kuva bahagera muri Nyakanga 2021 anashimira ubwitange, n’ikinyabupfura cyakomeje kubaranga muri icyo gihe cyose.

Ubwo Perezida Nyusi yahuraga n’abaturage ba Mocimboa da Praia, yabijeje inkunga ya leta mu gukemura ibibazo bafite no gusubiza ibintu byose mu buryo.

Urugendo rwa Perezida Nyusi, rukurikiye urwo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse, na we yaherukaga kugirira muri Mocimboa da Praia.

Admiral Joaquim Mangrasse, yashimye intambwe imaze guterwa mu mwaka ushize, kuva inzego z’umutekano z’u Rwanda zoherejwe kurwanya abakora ibikorwa by’iterabwoba.

Yashimye ubufatanye bukomeye hagati y’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’ingabo za Mozambique kuko byatumye ibihumbi n’ibihumbi by’abari baravanywe mu byabo babigarukamo.

Mocímboa da Praia niko gace ka mbere kagabwemo ibitero by’iterabwoba tariki mu 2017 ndetse niho hari ibirindiro bikomeye by’imitwe y’iterabwoba.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

NYARUGENGE: Yafashwe agiye kuvunjisha amadorali y’amiganano

Polisi y'u Rwanda mu karere ka Nyarugenge yafatanye uwitwa Mfitumukiza Marcel ufite imyaka 55 y’amavuko, amadorali y’Amerika y’amiganano angana n’igihumbi na maganatanu (US $1,500) agizwe n’inoti 20 zirimo 10 z'ijana n’izindi 10 za mirongo itanu. Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko Mfitumukiza yafashwe ku wa Mbere, tariki ya 19 Nzeri, agerageza kuyavunjisha kuri bimwe mu biro by’ivunjisha bikorera […]

todaySeptember 20, 2022 113

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%