Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore, yahuye na Kuok Hoon Hong, umwe mu bashinze akaba n’Umuyobozi Mukuru w’ikigo Wilmar International, kizobereye mu buhinzi kikagira n’inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi, cyane cyane izikora amavuta yo kurya.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bitangaza ko ibiganiro byabo byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2022, baganira ku mahirwe y’ishoramari mu nzego zinyuranye zirimo n’ubucuruzi bushingiye ku bikorwa by’ubuhinzi.
Perezida Kagame yabonanye kandi n’umudipolomate wo muri Singapore wanabaye Perezida w’Akanama k’umutekano ka Loni, Kishore Mahbubani.
Perezida Paul Kagame, mu ruzinduko rw’akazi agirira muri Singapore, yatangiye ku wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Lee Hsien Loong, bagirana ibiganiro byibanze ku ngingo zirimo iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, ubwiyunge ndetse n’imiyoborere myiza.
Post comments (0)