Inkuru Nyamukuru

Rubavu: Rayon Sports yishimanye n’abanyeshuri ba G.S.St Joseph Muhato (Amafoto)

todayOctober 1, 2022 148

Background
share close

Mbere yo gukina na Marine FC, ikipe ya Rayon Sports mu Karere ka Rubavu yasuye abana biga ku kigo cy’amashuri cya G.S.St Joseph Muhato, bisanzurana n’abakinnyi inabagenera impano, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022.

Byari ibyishimo ku banyeshuri

Muri ibi birori byabereye kuri iryo shuri rihererereye mu Murenge wa Rubavu Akarere ka Rubavu, abakinnyi batandukanye ba Rayon Sports ndetse n’abayobozi baganiye n’abana biga muri iki kigo, ndetse bagira n’ubutumwa babagenera.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, umunyamabanga wa Rayon Sports, Namemye Patrick, yavuze ko iyi gahunda iri mu rwego rwo kwegereza ikipe abakunzi bayo, kandi ko ari ibintu bizakomeza bizajya bikorwa cyane cyane ku mikino iyi kipe izajya ikinira mu ntara.

Mbirizi Eric ateruye umwe mu bana biga kuri iri shuri

Iyi kipe muri iki gikorwa yakoze yasize ihaye impano y’imipira yo gukina abanyeshuri biga muri G.S. St Joseph Muhato yizeho abakinnyi batandukanye bakomeye, barimo Niyibizi Ramadhan ukinira APR FC ndetse na Iraguha Hadji ukinira Rayon Sports.

Kuri uyu wa Gatandatu saa cyenda kuri Stade Umuganda, Rayon Sports irakirwa na Marine FC mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona.

Kapiteni wungirije Ndizeye Samuel atanga imipira

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Asaga miliyari 300Frw agiye gushorwa mu buhinzi

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko igiye gushora Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 300 mu bikorwa bitandukanye by’ubuhinzi hagamijwe kongera umusaruro. Minisiteri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Geraldine Mukeshimana Kuba ubuhinzi ari ikintu gifatiye abatari bacye runini, kandi kikaba gisaba amafaranga menshi hamwe n’ishoramari rifite imbaraga, bituma Leta y’u Rwanda ibinyujije muri MINAGRI, ishaka uko abari mu buhinzi bakomeza kwaguka bagatera imbere bityo bakongera umusaruro. Ni muri urwo rwego Leta y’u Rwanda […]

todayOctober 1, 2022 51

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%