Inkuru Nyamukuru

Gen Kazura yagiranye ibiganiro n’Umugenzuzi w’Igisirikare cy’u Bufaransa

todayOctober 6, 2022 140

Background
share close

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, ku wa gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye Umugenzuzi Mukuru w’Igisikare cy’u Bufaransa, Gen Maj Laurent Mercier.

Urubuga rw’Igisirikare cy’u Rwanda, ntirwigeze rutangaza ibyo Gen Kazura yaganiriye na Gen Maj Mercier.

Ibiro Bikuru bishinzwe Ubugenzuzi ni urwego rushamikiye kuri Minisiteri y’Ingabo mu Bufaransa.

Ibi biro bifite inshingano zo gufasha igisirikare cy’igihugu kubaka ubunyamwuga bigendanye n’amahame yo gukunda igihugu, gutegura igisirikare gishobora guhangana n’imbogamizi z’ahazaza no gushimangira imikoranire n’amahanga.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Amb Rwamucyo yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Thailand

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yashyikirije Umwami wa Thailand, Maha Vajiralongkorn, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu. Ambasaderi Rwamucyo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yavuze ko yiteguye gukomeza gushimangira umubano w’u Rwanda na Thailand. Ambasaderi Rwamucyo asanzwe ahagarariye u Rwanda mu Buyapani, Malaysia, Philippines na Thailand, akaba afite icyicaro i Tokyo mu Buyapani.

todayOctober 6, 2022 100

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%