Inkuru Nyamukuru

Umuhanzi Afrique yapfushije mukuru we

todayOctober 11, 2022 59

Background
share close

Umuhanzi Nyarwanda ‘Afrique’ yatangaje ko mukuru we yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022, azize impanuka.

Umuhanzi Afrique yapfushije mukuru we

Mu butumwa yageneye abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, Afrique yavuze ko ababajwe no gutangaza inkuru itunguranye y’agahinda, atewe na mukuru we witabye Imana azize impanuka.

Yaboneyeho gusaba ko ibikorwa byo kwamamaza indirimbo ye nshya yitwa Myboo bigiye kuba bihagaze.

Ati “Mu gihe njye n’umuryango wanjye tugiye mu kiriyo cya mukuru wanjye, ibikorwa byamamaza indirimbo yanjye nshya yitwa Myboo bibaye bihagaze, kugeza igihe tuzabamenyesha”.

Yasoje ubwo butumwa yifuriza nyakwigendera kuruhuka mu mahoro kandi ko azahora yibukwa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ibiciro ku isoko byazamutseho 17.6% muri Nzeri 2022

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 17.6% muri Nzeri 2022 ugereranyije na Nzeri 2021. Mu gihe ibiciro muri Kanama 2022 byari byiyongereyeho 15.9%. Ibiciro byo mu mijyi bisanzwe byifashishwa nk’igipimo ngenderwaho mu bukungu bw’u Rwanda, bigaragaza ko muri Nzeri 2022, ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 33.2%, ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gaze n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 7.9%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho […]

todayOctober 11, 2022 35

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%