Inkuru Nyamukuru

Vin Diesel yahawe igihembo cy’umugabo mwiza ku isi ufite uruhara

todayOctober 17, 2022 93

Background
share close

Vin Diesel icyamamare mu gukina filime yahawe igihembo cy’umugab mwiza ku Isi ufite uruhara, asimbuye igikomangoma William wari umaze imyaka ibiri kuri uwo mwanya.

Vin Diesel niwe mugabo mwiza ku isi ufite uruhara

Ibi byatangajwe na SEO Agency Reboot ibarizwa mu Bwongereza ikaba isanzwe itegura ibijyanye no gutora umugabo mwiza ku Isi ufite uruhara.

Muri 2022, Vin Diesel niwe wafashe umwanya wa mbere n’amanota rusange 6.46 ku 10.

Icyamamare muri filime Fast & Furious yaje kuri uyu mwanya ahigitse ibindi byamamare birimo Pitbull na Prince William batwaye umwanya wa kane n’uwa gatanu mugihe Dwayne Johnson uzwi nka “The Rock” na Mike Tyson batwaye umwanya wa cyenda n’uwa cumi.

Prince William, niwe warumaze imyaka 2 ku mwanya w’umugabo Mwiza ku isi ufite uruhara

Umwanya wa Kabiri n’uwa gatatu, yegukanywe na Stanley Tucci ndetse Shemar Moore na bo basanzwe ari abakinnyi ba filime.

Igikomangoma William kubura umusatsi bisa nkaho bitigeze bimuhangayikisha cyane nk’uko yigeze kera kubiteraho urwenya.

Vin Diesel yatangaje ko yatunguwe no kuba yaratowe nk’umugabo mwiza ku Isi ufite uruhara, ndetse ko yishimiye guhagararira bagenzi be bafite uruhara.

The Rock yabaye uwa cyenda
Stanley Tucci, yabaye uwa kabiri
icyamamare Jason Statham yabaye uwa gatandatu
umukinnyi wa filime, Bruce Willis yaje ku mwanya wa karindwi
icyamamare Mike Tyson, yabaye uwa cumi

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nel Ngabo yavuze icyamutunguye muri Canada, ahishura kandi ko nta mukunzi afite

Rwangabo Byusa Nelson, usanzwe uzwi mu muziki w’u Rwanda nka Nel Ngabo akaba umwe mu bagezweho muri iki gihe, yatangaje ko yatunguwe no gusanga umuziki we muri Canada uzwi ku rwego rwo hejuru. Ku wa 31 Kanama 2022, ni bwo Nel Ngabo aherekejwe na Ishimwe Clement uyobora inzu ya Kina Music isanzwe ireberera inyungu z’uyu muhanzi, berekeje muri Canada aho bari bagiye mu bikorwa bya muzika birimo n’ibitaramo bahakoreye. Kuri […]

todayOctober 17, 2022 78

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%