Inkuru Nyamukuru

Ariel Wayz bwa mbere agiye gukorera igitaramo mu Burundi

todayOctober 20, 2022 326

Background
share close

Ariel Uwayezu uzwi cyane ku izina rya Ariel Wayz yatangaje ko azataramira mu Burundi mu gitaramo giteganijwe ku ya 29 Ukwakira, i Bujumbura.

Ariel Wayz bwa mbere agiye gutaramira mu Burundi

Iki nicyo gikorwa cye cya mbere mu muziki agiye gukorera muri iki gihugu.

Ariel, uherutse kurokoka impanuka y’imodoka, yongeye kugaragaza ko ari umuhanzi ukomeje kuzamuka neza mu Rwanda, nyuma y’igitaramo aherutse gutumirwamo cyo gususurutsa abitabiriye inama ya Youth Connekt mu mpera z’icyumweru gishize kuri Intare Arena, aho yari kumwe na Bruce Melodie, Chris Eazy, Jah Playzah ndetse Patoranking.

Uyu mukobwa wakoze indirimbo yamamaye cyane ‘Away’, aganira na The New Times, yavuze ko yiteguye kuririmbira abafana be bo mu Burundi nyuma yigihe kinini buri uko akoze indirimbo bamwereka ko bazikunze cyane.

Ariel yagize ati: “Nishimiye rwose kuririmbira bwa mbere mu Burundi.”

Ariel wize akanarangiza amasomo mu ishuri rya muziko ryo ku Nyundo yongeyeho ati: “Nahoraga nifuza kuhakorera ibitaramo, byari ikibazo cy’igihe gusa, ariko ubu singe uzabona mbahaye ibyishimo kuko ndabashimira kuba barakomeje gushyigikira umuziki wange.”

Abajijwe niba yarakize neza ibikomere yagize kubera impanuka aheruka kugira, uyu mukobwa ubusanzwe uzwiho no kugira ijwi ryiza yavuze ko yumva ameze neza.

Ati: “Ndumva meze neza nkomeye haba ku mubiri cyangwa mu mutwe, Bujumbura yitegure igitaramo cy’umuriro mu mpera z’uku kwezi”.

Ariel Wayz aherutse gusohora Ep ya kabiri ye yise “TTS” [Touch the sky] iriho indirimbo 6.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ukraine: Abaturage benshi bifuza ko Intambara ikomeza kugeza habonetse Intsinzi

Abaturage ba Ukraine bangana na 70% bifuza ko intambara ya Ukraine n’u Burusiya ikomeza kugeza igihe igihugu cyabo cyegukanye intsinzi. Iyo mibare yavuye mu ibarura ryakozwe rigamije kumenya icyo abaturage ba Ukraine bavuga ku ntambara igihugu cyabo kimazemo iminsi n’u Burusiya. Iryo barura ryakozwe mu kwezi gushize kwa Nzeri. Imibare yagiye ahagaragara yerekana ko 91% y’abaturage ba Ukraine bifuza ko intsinzi yabo yahita ikurikirwa no kwisubiza uturere u Burusiya bwambuye […]

todayOctober 20, 2022 42

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%