Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hakenewe ingufu mu rwego rwo gushyiraho ubufatanye hagati y’abikorera na Leta kugirango hazibwe icyuho mu gukoresha interineti.
Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, ubwo yatangizaga inama mpuzamahanga mu by’ikoranabuhanga, y’iminsi itatu, yateguwe na Global System for Mobile Communications Association, GSMA.
Ni inama ibereye ku mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere, ihurije hamwe abarenga 2000 baturutse mu bihugu birenga 90. Ikazasozwa ku wa Kane tariki 27 Ukwakira 2022.
Abafite ijambo mu bijyanye n’itumanaho rya telefoni ku isi, abakora ibikoresho by’ikoranabuhanga, abatanga serivisi z’ikoranabuhanga n’abafata ibyemezo bari i Kigali kugira ngo baganire ku cyuho kikigaragara kandi baganire ku ngamba zifatika zikenewe mu guhindura Afurika mu ikoranabuhanga.
Umukuru w’Igihugu yongeye gusaba za Leta gutanga amahirwe urubyiruko mu rwego rwo kugaragaza impano zabo mu ikoranabuhanga bahanga udushya mu gukemura ibibazo bicyugarije Afurika.
Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko ikoranabuhanga rirambye kandi rifitiye akamaro bose ritagerwaho mu gihe hakiri ahakigaragara ubusumbane ndetse n’ibiciro bigihanitse.
Umukuru w’igihugu anasanga mu kwihutisha iterambere, bikwiye ko ikoranabuhanga rigendana n’imiyoborere myiza aho ibivugwa n’abayobozi bikwiye no gushyirwa mu bikorwa mu mpinduka z’abaturage.
Imibare igaragaza ko 40% by’abaturage bakuze muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara babasha kugera kuri serivisi za interineti; ibi ni mugihe 44% by’abantu batuye mu bice bifite Ibikorwa remezo bikwirakwiza umuyoboro mugari wa interineti badakoresha serivise zayo.
Arshad Sharif, umunyamakuru wa televiziyo ukomoka muri Pakistani ejo ku wa mbere yarasiwe muri Kenya arapfa. Pakistani yatangaje ko igiye gutangira gukora iperereza kw’iyicwa rye. Urupfu rwa Sharif rwamenyekanye akimara kuraswaho urufaya na polisi ya Kenya. Yabaga muri Kenya aho yamenyekanye cyane kubera gukora kuri imwe muri televiziyo zikomeye mu gihugu itatangajwe iyo ari yo. Sharif yari yarahunze igihugu cye mu kwezi kwa Kanama, yirinda kubazwa bimwe mu byaha yashinjwaga […]
Post comments (0)