N’ubwo twakerensa ubu burwayi, ingaruka zabwo zo zihoraho (zirimo ubushomeri, impinduka za hato na hato z’imibereho, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’iyindi myitwarire idahwitse, kwiyangiza byavamo no kwiyahura), zitugeraho twese hatitawe ku mbaraga zose dukoresha ngo abana bacu barusheho kubaho neza.
Ibi bibazo bitwigirizaho nkana, bikatwereka ko hari byinshi tutazi!
Kuganira kuri ibi bibazo, ntibigamije guhangana mu mvugo no kwitana ba mwana. Si ukugira ngo tumenye uri mu kuri cyangwa uri mu makosa, dukeneye kumenya icyadufasha guhangana n’ikibazo cy’uburwayi buzahaza ubuzima bwo mutwe, maze tukagira ubuzima bwiza.
Guhangana n’indwara zibasira ubuzima bwo mu mutwe mu rubyiruko rwacu, ntibyagakwiye gufatwa nk’umukino wo guhangana hagati y’abato n’abakuze; aho bashinjanya kugira intege nke cyangwa kutagira icyo bitaho, nyamara bakirengagiza uburyo imiryango n’inshuti baremererwa cyane n’ibyo bibazo.
Ni urugamba turwana duhererekanya ariko tugamije kugerera ku murongo w’intsinzi rimwe nk’umwe w’abasiganwa kandi twese ntawe usigaye.
Mbibarize rero bana bacu,
● Ni iki twakora ngo tubafashe? Twakora iki ngo dufashanye?
● Ese mwe, uruhare rwanyu rwaba uruhe mu gihe mwaba mubonye ubwo bubasha?
Hari abakwibaza ko ababyeyi batumva agahinda kanyu! Burya benshi muri twe nk’ ababyeyi, tuzi umubabaro icyo ari cyo! N’ubwo uyu munsi ari mwe duhangayikiye, akenshi kubera igishyika tugirira urubyiruko, mu by’ukuri, ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe byibasira abato bitaretse n’abakuru!
Ku bakuru nabo bagifata urubyiruko rwacu ko ntacyo rushoboye, nagira ngo mbamare impungenge ko urubyiruko rwacu, rusanzwe rurangwa n’imbaduko no guhanga ibishya! Nta kabuza ruzatugeza ku iterambere dushaka, twese duharanira, kandi bemye muri iyi si yihuta.
Post comments (0)