Ku wa Mbere tariki ya 31 Ukwakira, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Kigali, bakoze umukwabu wo gushakisha no kwangiza inzoga z’inkorano.
Muri uwo mukwabu, hafashwe litiro 1,680 z’inzoga z’inkorano zizwi ku izina ry’ibikwangari, zafatiwe mu rugo rw’uwitwa Irihamye Dany bakunze kwita Kazungu ufite imyaka 34 y’amavuko, mu mudugudu wa Nyabikoni mu Kagari ka Nyabugogo.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko abaturage bo mu mudugudu wa Nyabikoni ari bo batanze amakuru yatumye izi nzoga z’inkorano zifatwa.
Yagize ati:”Abaturage batanze amakuru bavuga ko mu rugo rw’uwitwa Irihamye hengerwa inzoga zitujuje ubuziranenge zitwa ibikwangari kandi ko hakunze kugorobereza insoresore zivugwaho gukora urugomo n’ubujura. Hateguwe igikorwa cyo kuzifata, dusanga iwe mu rugo ingunguru eshanu zirimo litiro 1680 nyuma y’uko we yahise atoroka akimara kubona inzego z’umutekano, aracyarimo gushakishwa.”
Umuhanzi usanzwe uririmba indirimbo zihimbaza Imana, Patient Bizimana, yamaze kujya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yasanze umugore we Gentille Uwera Karamira. Patient Bizimana yakiriwe n’umugore we muri Amerika Patient Bizimana yimukiye muri Amerika nyuma y’uko tariki ya 19 Ukuboza 2021 ari bwo yakoze ubukwe na Gentille, ndetse mu mpera za Nzeri muri uyu mwaka bibarutse imfura ya bo aho yavukiye muri Amerika kuko umugore yari yarasubiyeyo mu […]
Post comments (0)