Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente, ubwo yari mu birori byo kwizihiza umunsi wa mwarimu, yavuze ko gushyiraho Mwarimu shop (iguriro ryagenewe abarimu) basanze bigoye mu Rwanda, bahitamo kongeza umushahara wa mwarimu.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente, yabigarutseho asubiza ikibazo cy’umwarimu wasabye ko habaho Mwarimu Shop, aho yavuze ko Guverinoma yasanze idashoboka.
Ku wa Gatatu tariki 2 Ugushyingo 2022, u Rwanda rwizihije umunsi wa Mwarimu, Guverinoma yatangaje ko ishyigikiye byimazeyo umwuga abarimu bakora.
Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente, wahagarariye Umukuru w’Igihugu mu muhango wo kwizihiza uyu munsi, wabereye mu Mujyi wa Kigali mu nyubako ya BK Arena.
Ni abarimu basaga 7,000 baturutse hirya no hino mu gihugu, Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ishima ibyakozwe mu rwego rwo guteza imbere umwarimu, harimo kongererwa umushahara, gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga akazi ku barimu no guhindurirwa imyanya.
Ubwo yaganirizaga abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga ku wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yagarutse ku kibazo cy’abahora bashaka gushoza intambara ku Rwanda. Umwe mu banyeshuri barenga 1500 bari bitabiriye icyo kiganiro, yamubajije impamvu u Rwanda rushotorwa nyamara ntirwirwaneho ngo rwihimure ku barushotoye. Ati “Ni iki mu by’ukuri gituma tudasubiza? Ni uruhe rwego ubushotoranyi burenze bushobora […]
Post comments (0)