Inkuru Nyamukuru

Cameroun: Paul Biya agiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 amaze ku butegetsi

todayNovember 5, 2022 54

Background
share close

Perezida Paul Biya wa Cameroun, Ari na we ukuze mu myaka kurusha abandi muri Afurika akaba n’umwe mu bamaze imyaka myinshi ku butegetsi kuri uyu mugabane agiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 amaze ku butegetsi.

Uyu muhango uzaba kuri iki cyumweru, aho ku rwego rw’igihugu, hateganyijwe ibikorwa byo kwizihiza iyo sabukuru, ndetse abamushyigikiye barimo kwishimira ibyo yagezeho, nk’uko BBC ibitangaza.

Ariko n’ubwo hari abashima ibyagezweho hari n’abanenga uyu Perezida w’imyaka 89, ndetse bakamusaba kuva ku butegetsi akabuha abakiri bato.

Perezida Biya yigeze kugirana ikiganiro n’abanyamakuru, ubwo yari avuye muri rumwe mu ngendo yagiriraga mu mahanga, yavuze ko umuntu uwo ari we wese umwifuriza gupfa bizamusaba gutegereza indi myaka 20.

Ubutegetsi bwa Biya bushinjwa ko ruswa mu gihugu cye yabaye umuco ndetse kikaba ikibazo gikomereye Cameroun.

Leta ya Cameroun kandi imaze igihe iri no mu rugamba rukomeye n’abashaka ubwigenge bo mu turere tubiri dukoresha Icyongereza.

Urwo rugamba rwatumye Abanya-Cameroun bagera hafi kuri miliyoni ebyiri bahunga bava mu ngo zabo, ndetse abasivile babarirwa mu bihumbi barishwe.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

RUBAVU: Abatwara moto basabwe gushyira imbere umutekano

Abatwara abagenzi kuri moto bazwi nk'abamotari, basabwe gushyira imbere umutekano bakorana na Polisi n'izindi nzego z'umutekano, mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha. Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu, Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Karega, yabibasabye ku wa Gatanu tariki ya 4 Ugushyingo, mu nama yahurije hamwe abamotari 400 bakorera mu murenge wa Gisenyi. SP Karega yabibukije ko bagomba kutarebera ibyahungabanya umutekano, ahubwo bakihutira kubimenyesha inzego z'umutekano. Yagize […]

todayNovember 5, 2022 87

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%