Itsinda ry’abayobozi baturutse mu Burundi n’abaturutse mu Rwanda, ubwo baheruka guhurira mu biganiro ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba, baganiriye ku byakomeza kunozwa mu rwego rwo kugira ngo ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi bukomeze kuba bwiza.
Ni inama cyangwa se ibiganiro byabaye tariki 8 Ugushyingo 2022, bikaba byarahuje itsinda ry’abayobozi batandukanye baturutse mu Ntara ya Kirundo mu Burundi ndetse n’abaturutse mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’iy’Amajyepfo ku ruhande rw’u Rwanda.
Ni abayobozi guhera ku rwego rw’Umurenge, Akarere, abashinzwe umutekano, harimo Ingabo na Polisi ndetse n’izindi nzego harimo n’Ubugenzacyaha.
Abo bayobozi bo ku mpande zombi bashimye ubushake bwa Politiki buhari mu rwego rwo gukemura ibibazo byari bimaze igihe kirekire biri mu mubano w’u Burundi n’u Rwanda, aho kuri ubu imipaka hagati y’ibihugu byombi ifunguye.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022. mu biro bye Village Urugwiro, yakiriye mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço, baganira ku bibazo by’umutekano mu karere. Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, Village Urugwiro dukesha iyi nkuru bivuga ko Perezida Kagame na mugenzi we wa Angola, bagirana ibiganiro byibanze ku bibazo by’umutekano mu karere. Perezida Lourenço usanzwe uri n’umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira […]
Post comments (0)