Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gasabo, kuwa Kane tariki 10 Ugushyingo, yafashe uwitwa Mukanziga Epiphanie w’imyaka 55, wari ufite amadolari y’Amerika ibihumbi 3 y’amiganano (hafi 3,135,000 Frw) ubwo yageragezaga kuyavunjisha mu mafaranga y’u Rwanda.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko Mukanziga yafashwe agerageza kuvunjisha amwe muri yo ku biro by’ivunjisha, biturutse ku makuru yatanzwe n’umukozi waho.
Yagize ati: “Ahagana saa yine n’igice z’amanywa, twahawe amakuru ko hari umuntu ushaka kuvunjisha amadorali y’Amerika y’amiganano 2,000 ngo bayamuvunjire mu mafaranga y’u Rwanda. Hahise hatangira ibikorwa byo kumufata, bamusatse bamusangana andi madorali 1,000 nayo y’amiganano yari asigaranye ahita atabwa muri yombi.”
Akimara gufatwa, yatangaje ko yayahawe n’abandi bantu ngo azabafashe kuyavunjisha bayagabane avuga ko atabashije kumenya imyirondoro yabo n’aho batuye.
CIP Twajamahoro yashimiye uwatanze amakuru yatumye ucyekwa afatwa aburira abishora mu bikorwa byo gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano ko bazafatwa bakabihanirwa.
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022, Musenyeri Filipo Rukamba yizihije yubile y’imyaka 25 agizwe umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare. Musenyeri Filipo Rukamba ageza ijambo ku bitabiriye ibi birori Hari ku itariki ya 12 Mata 1997 ubwo Musenyeri Yozefu Sibomana, akikijwe na Musenyeri Yohani Batisita Gahamanyi na Ferederiko Rubwejanga yamuhaga ubwepiskopi muri Katedarali ya Butare. Ubwo yari amaze amezi atatu atowe na Papa Yohani Pawulo wa II ngo ayobore iyi […]
Post comments (0)