Inkuru Nyamukuru

USA: Abademokrate bagumanye ubuyobozi bwa sena mu matora y’abagize inteko

todayNovember 14, 2022 40

Background
share close

Muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abo mu ishyaka ry’abademokrate bagiye gukomeza kuyobora Sena, gusa ariko kugeza ku cyumweru iby’abazatsindira ubwiganze mu nteko ishingamategeko byari bitarasobanuka.

Kugeza ubu, ibimaze kumenyekana ku majwi amaze kubarurwa, mu nteko ishingamategeko, abarepuburikane bafite intebe 211, abademokarate intebe 204. Hasigaye intebe 20 ibyazo bitarasobanuka kugeza amajwi yose amaze kubarurwa.

Uzagira ubwiganze arasabwa kuzatsindira intebe 218 ku bagize inteko ishingamategeko 435.

Abanyapolitike batari bake muri Amerika bavuga ko igihe amajwi asigaye azaba arangije kubarurwa, abarepublikane bahabwa amahirwe yo gutsindira ubuyobozi bw’inteko ishingamategeko, ariko bakazarusha abademokrate amajwi make.

Mbere y’uko ayo matora aba ku wa kabiri w’icyumweru gishize, abanyaporitike n’abasesenguzi muri Amerika bari bavuze ko abarepublikani bazabona intsinzi mu nteko ishingamategeko ku rugero runini. Bavuga kandi ko bazahita bigarurira na Sena.

Nyuma y’ibyo, Donald Trump wahoze ari Perezida wa Amerika, yavuze ko ku wa kabiri w’iki cyumweru azatangaza kandidatire ye mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka wa 2024.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yavuze ku kagambane ka Guverinoma ya nyuma ya Jenoside

Perezida Paul Kagame yavuze ko Guverinoma ya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yashatse kuzana amacakubiri n’akagambane ko gusenya ibyo Umuryango RPF Inkotanyi n’ingabo zawo bari bamaze kugeraho. Umukuru w’Igihugu yavuze ku rugero rwo gushaka kugarura ishyaka ry’Umwami rya UNAR bavugaga ko ryari irya Rukeba bikananirana, hakongera kubaho gusebya RPF n’ingabo zayo ko zica abaturage. Ibyo Perezida Kagame yabigarutseho ashaka kwereka abari bari mu birori by’ihuriro rya 15 rya Unity Club […]

todayNovember 14, 2022 138

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%