Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gatsibo, yafashe uwitwa Uhawumugisha Enock ufite imyaka 20 y’amavuko ukurikiranyweho kwangiza ibikorwaremezo aho yari afite insinga z’amashanyarazi zipima ibilo 52 zagiye zikatwa ku nkingi z’amashanyarazi (Pylons) zo ku muyoboro mugari.
Yafatiwe mu mudugudu w’ Ibare, Akagari ka Ngarama mu Murenge wa Ngarama, ku wa Kane tariki ya 17 Ugushyingo ahagana saa sita z’amanywa.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Yagize ati: “Abaturage bari bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu tugari twa Nyarubungo na Kigasa two mu Murenge wa Ngarama bitewe n’insinga z’amashanyarazi zigenda zikatwa zikibwa n’abantu batazwi ariko ko hakekwa abagurisha ibyuma bishaje barimo Uhawumugisha. Hahise hategurwa igikorwa cyo kumusaka, abapolisi bageze iwabo mu rugo mu mudugudu w’Ibare bamusangana imifuka ibiri irimo insinga z’amashanyarazi zipima 52Kgs ahita atabwa muri yombi.”
Yiyemereye ko izo nsinga ari ize yari kugurisha mu bindi byuma bishaje asanzwe acuruza cyakora avuga ko nawe yagiye azizanirwa n’abandi bantu atabashije kugaragaza imyirondoro yabo.
Itorero ry’Igihugu ‘Urukerereza’ mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022, ryataramiye abitabiriye inama ya 18 y’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa OIF. N'igitaramo cyabaye mu rwego rwo guha ikaze abitabiriye iyi nama ku kirwa cya Djerba muri Tunizia. Iyi nama yabanjirijwe n'iy'abaminisitiri b'ububanyi n'amahanga b'ibihugu bigize uyu muryango kuri uyu wa gatanu, Ku ruhande rw’u Rwanda, Minisitiri Vincent Biruta ni we wayitabiriye. Biteganyijwe ko tariki 19 Ugushyingo […]
Post comments (0)