Inkuru Nyamukuru

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Ambasaderi w’u Buyapani ucyuye igihe

todayNovember 23, 2022 55

Background
share close

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye Bwana Masahiro Imai, Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda ucyuye igihe.

Aba bayobozi bombi bahuye kuri uyu wa gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, bagirana ibiganiro byagarutse ku byagezweho mu mubano w’ibihugu byombi, ndetse n’ibikirimo gukorwa muri urwo rwego.

Ibi biganiro kandi byitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane ushinzwe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh.

Perezida Paul Kagame ubwo yitabiraga Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bahuriye mu Muryango w’ibihugu 20 bikize ku Isi (G20), yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani Fumio Kishida.

Perezida Kagame na Fumio ibiganiro byabo byibanze ku kurebera hamwe uko u Rwanda n’u Buyapani byarushaho guteza imbere umubano n’ubutwererane mu nzego zitandukanye zirimo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, ibikorwaremezo n’ishoramari yaba irikozwe n’inzego za Leta cyangwa iz’abikorera.

Ku ruhande rw’u Rwanda ibi biganiro byanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta ndetse na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana.

U Rwanda n’u Buyapani bisanganywe umubano mwiza ndetse n’ubutwererane mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, uburezi, ikoranabuhanga.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Umukobwa wa Kobe Bryant atewe ubwoba n’umugabo uhora amukurikirana wifuza ko babyarana

Natalia Bryant, umukobwa w'imfura w'igihangange mu mukino w'intoki wa basketball, Kobe Bryant avuga ko afite ubwoba kuko arimo guhigwa n’umuntu ufite amateka y’ubugizi bwa nabi bwitwaje intwaro. Natalia Bryant, uyu mukobwa w'imyaka 19 ibi yabibwiye urukiko ku wa mbere kugira ngo rumurinde umugabo w’imyaka 32 uhora amukurikirana nk’uko ikinyamakuru cya TMZ kibivuga. Mu nyandiko z’urukiko, TMZ ivuga ko yabonye, Natalia avuga ko uwo mugabo yagerageje kumuvugisha mu myaka ibiri ishize, […]

todayNovember 23, 2022 168

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%