Inkuru Nyamukuru

Abayobozi b’u Burundi bagiriye uruzinduko mu Rwanda barashishikariza impunzi gutaha

todayDecember 19, 2022 65

Background
share close

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, u Rwanda rwakiriye itsinda ry’abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta y’u Burundi, muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gushishikariza impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda gutaha.

Ni itsinda riyobowe n’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano w’imbere mu Gihugu cy’u Burundi, Lt Gen Andrew Ndayambaje, hamwe n’abayobozi b’Intara za Kirundo, Bururi na Kayanza, bakiriwe ku mupaka wa Nemba n’umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba CG Emmanuel Gasana, Alice Kayitesi w’Intara y’Amajyepfo hamwe n’umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi.

Ni ku nshuro ya mbere ubu bukangurambaga bubayeho bukozwe n’ubuyobozi bw’Igihugu cy’u Burundi kuva impunzi z’Abarundi zahungira mu Rwanda mu mwaka wa 2015, aho kugeza ubu mu Rwanda habarirwa izigera ku bihumbi bitanu (5,0315) zibarizwa mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe, hamwe no mu bindi bice bitandukanye by’Igihugu, mu gihe kuva muri 2020 hamaze gutaha izigera ku bihumbi mirongo itatu (30,315).

Nyuma yo kwakirwa n’ubuyobozi bw’Intara, abo bayobozi bahise bakirwa n’itsinda rigari rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda riyobowe n’umunyamabanga uhoraho Clementine Mukeka, aho barimo kugirana ibiganiro n’inzego zitandukanye zirimo izo muri iyo Minisiteri hamwe n’Ishinzwe kurwanya ibiza no gucyura impunzi, aho barimo kugirana ibiganiro barebera hamwe ibimaze gukorwa ndetse n’icyakorwa kugira ngo impunzi ziri mu Rwanda zisubire mu rugo ariko kandi bikozwe mu buryo bwumvikanyweho nta gahato bazishyizeho.

Biteganyijwe ko nyuma y’ibyo biganiro iri tsinda riza guhura rinagirane ibiganiro n’abahagarariye komite z’impunzi z’Abarundi. Ku wa Kabiri barazasura impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama bagirane ibiganiro.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kanseri y’inkondo y’umura yihariye 13.7% by’impfu z’iyo ndwara – MINISANTE

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abarwayi ba kanseri y’inkondo y’umura, bangana na 12.6% naho 13.7% bakaba bahitanwa nayo ugereranyije n’ubundi bwoko bwa kanseri bunyuranye. Abagore 1,500,000 nibo bakeneye gusuzumwa kanseri y’inkondo y’umura mu Gihugu cyose. Mu Rwanda kanseri y’inkondo y’umura igize 12.6% bya kanseri zose, ikaniharira 13.7% by’impfu zose ziterwa na kanseri z’ubwoko bunyuranye. Abari mu nama mpuzamahanga ya kabiri yita ku buzima rusange muri Afurika, bavuga ko kanseri y’inkondo […]

todayDecember 18, 2022 68

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%