Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 12 Mutarama, mu Karere ka Ruhango hangirijwe mu ruhame ibiyobyabwenge n’ibindi bicuruzwa bitemewe byafatiwe muri ako karere kuva muri Nzeri 2022.
Ni mu gikorwa cyabereye mu mudugudu wa Gataka, akagari ka Nyamagana mu murenge wa Ruhango, gihuza Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano, ubushinjacyaha, Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, abaturage batuye mu Murenge wa Ruhango n’urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu kigo cya Lycée de Ruhango.
Mu ijambo yavuze mbere yo kwangiza ibyo biyobyabwenge n’ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, umuyobozi wungirije w’akarere ka Ruhango ushinzwe ubukungu, Rusiribana Jean Marie Vianney yavuze ko kunywa ibiyobyabwenge bisa no kwiyahura ku bushake kuko byangiza mu mutwe bityo umuntu agasigara atakibasha gutekereza.
Yagize ati: “Kunywa ibiyobyabwenge ni inzira uba utangiye yo kwiyahura ubishaka kuko uko bigenda bikwangiza mu mutwe ubwonko bugenda butakaza ubushobozi bwo gutekereza ari nako umubiri ugenda ucika intege bityo ugasigara ntacyo ubasha kwikorera.
Yashishikarije abaturage kurushaho gufatanya n’inzego z’umutekano batanga amakuru y’abo bacyeka bose ko baba bacuruza cyangwa bakoresha ibiyobyabwenge n’aho byaba biri hose.
Ati; “Duhurije hamwe imbaraga buri wese akaba ijisho rya mugenzi we, byatuma turandura burundu ibiyobyabwenge kuko uretse no kwangiza ubuzima bw’urubyiruko ari zo mbaraga z’igihugu bimunga n’ubukungu bw’igihugu ntigitere imbere”.
Umuyobozi wa Polisi w’umusigire (Ag. DPC) mu Karere ka Ruhango, Chief Inspector of Police (CIP) John Muhirwa yabasobanuriye ku moko y’ ibiyobyabwenge n’ingaruka zabyo avuga ko gushora imari mu bucuruzi bwabyo n’ibindi bicuruzwa bitemewe n’amategeko ari ukwihombya ubizi.
Yagize ati: “Ikiyobyabwenge icyo ari cyo cyose n’uburyo wagikoreshamo cyose byaba kukinywa nk’itabi, kucyitera mu maraso, kugihumeka cyangwa kugishyira mu biryo kigira ingaruka ku buzima bwawe. Gushora amafaranga mu gucuruza ibiyobyabwenge n’ibindi bicuruzwa bitemewe n’amategeko na byo ni ugushaka kwihombya no kwikururira ubukene tutaretse no gufungwa kuko ntawe uzabikora ngo bimuhire.
Kuri uyu wa Gtanu tariki ya 13 Mutarama 2023, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatunda, Akarere ka Nyagatare, bwashyikirije Gakwaya William, umuturage wa Mpororo mu Gihugu cya Uganda, inka 39 yari yibwe zigafatirwa mu Rwanda. Ku wa Gatatu tariki ya 11 Mutarama 2023, saa munani n’igice z’amanywa, nibwo izi nka zafatiwe mu Mudugudu wa Kaburimbo, Akagari ka Nyamikamba, Umurenge wa Gatunda ndetse n’abari bazifite babiri, Umunyarwanda n’Umugande batabwa muri yombi kubera amakuru […]
Post comments (0)