Inkuru Nyamukuru

I Gasanze habereye impanuka ikomeye

todayJanuary 16, 2023 265

Background
share close

I Gasanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, habereye impanuka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yagonze imodoka nto ya RAV4 ndetse na moto, umuntu umwe ahita apfa abandi 14 barakomereka.

Iyi kamyo ni yo yagonze indi modoka na moto

SSP Irere René, umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yemeje ayo makuru, atangariza Kigali Today ko iyi mpanuka yahitanye uwitwa Ruhirika Straton w’imyaka 61 wari mu modoka ya RAV4, abakomeretse bikomeye ni umushoferi wa Howo witwa Mukunzi Eric na Tandiboye witwa Ukwigize Robert n’undi wari muri RAV4 witwa Kamanzi Ferdinand.

SSP Irere ati “Hari n’abandi 11 bakomeretse byoroheje bajyanywe mu bitaro bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali barimo gukurikiranwa n’abaganga.

Yakomeje avuga ko icyateye impanuka kitaramenyekana hagakekwa ko iyi Kamyo ishobora kuba yabuze Feri kuko yagonze indi modoka iyiturutse inyuma irakomeza yurira hejuru y’umuhanda igice cy’imbere cy’iyo Kamyo gihita gicikamo kabiri.

Imodoka ya RAV 4 yagonzwe n’iyo kamyo

SSP Irere avuga ko iyi modoka y’ikamyo yari ipakiye ibitaka ibivanye i Nduba ibijyanye i Gasanze.

Iyi mpanuka ikimara kuba hahise hagera imodoka 4 z’imbangukiragutabara ndetse n’inzego z’umutekano kugira ngo hitabwe ku nkomere, zigezwe kwa muganga.

Umuturage wari uri aho impanuka yabereye witwa Tuyishime Jean De Dieu, yavuze ko iyo Kamyo babonye yihuta igonga imodoka ya RAV 4, irakomeza igonga na moto.

Imbangukiragutabara zahise zihagera ngo zitware inkomere

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nepal: Abagera kuri 68 baguye mu mpanuka y’indege

Muri Nepal abantu 68 baguye mu mpanuka y'indege ntoya itwara abagenzi yabereye hafi y’ikibuga cy'indege mpuzamahanga cy’i Pokhara muri Nepal. Iyo mpanuka yabaye ku Cyumweru tariki 15 Mutarama. Sudarshan Bartaula, umuvugizi wa kompanyi Yet ari nayo ibarizwamo iyo ndege yegukira, yavuze ko yari itwaye abantu 72, barimo abana babiri, abakozi bayo bane hamwe n’abanyamahanga 15. Abayobozi bavuze ko ikirere cyari kimeze neza ubwo iyo mpanuka yabaga kandi ko bitari kugorana […]

todayJanuary 16, 2023 39

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%