Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Amadolari 30,100 uwari wibwe Amadolari 32,500, atabonetse 2400 akaba yari yamaze gukoreshwa n’uwayibye, yayaguzemo telefoni yo mu bwoko bwa I phone n’ibindi.
Amadolari yari yibwe yagarujwe
RIB ivuga ko yakiriye ikirego ku wa 12 Mutarama 2023, gitanzwe n’uwibwe ayo madolri utashatse ko amazina ye avugwa mu itangazamakuru.
RIB yahise itangira iperereza, hafatwa abantu babiri aribo Mustafa Jules na mushiki we Mutoni Cyinthia, bafatirwa mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Gahengeri, Akagari ka Gihumuza, Umudugudu wa Gatare.
Bivugwa ko Mustafa amaze kwiba ayo madolari yahise ayaha mushiki we Mutoni ngo ayamuhishire, kuko bayasanze atabye mu rutoki.
Mustafa yari umukozi wo mu rugo rw’uwibwe ayo madorari aho yasobanuriye RIB ko yayibye ba nyirirugo badahari, kuri ubu akaba yemera icyaha agasaba imbabazi kuko ibyo bakoze ataribyo, n’ubwo uwo mugabo atari ubwa mbere yari yibye, kuko hari n’ikindi gihe yafashwe yibye.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, avuga ko aba bakurikiranweho ibyaha bibiri ati: “bakurikiranyweho ibyaha bibiri aribyo ubujura no guhisha ibintu bikomoka ku cyaha”.
Post comments (0)