Inkuru Nyamukuru

Uganda: Abafana ba Arsenal batawe muri yombi bari kwishimira intsinzi kuri Manchester United

todayJanuary 23, 2023 117

Background
share close

Abafana ba Arsenal bagera kuri batandatu batawe muri yombi mu mujyi wa Jinja muri Uganda nyuma yo gutegura ibirori byo kwishimira intsinzi ya Arsenal kuri Manchester United mu mukino wa shampiyona y’u Bwongereza Premier League.

Abo bafana bari bambaye umwambaro utukura usanzwe wambarwa n’ikipe ya Arsenal banitwaje igikombe nk’ikimenyetso.

Polisi ya Uganda yatangaje ko nta ruhushya bari bafite rwo gukora ibyo birori bifatwa nko guhungabanya umutuzo w’abanyagihugu.

Arsenal yinjije igitego cy’intsinzi mu bitego 3-2 yatsindaga mukeba wayo Manchester United ku munota wanyuma w’umukino wabaye ku cyumweru.

Abo bafana ba Arsenal bari mu karasisi kari gaherekejwe n’imodoka eshanu mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ubwo batabwaga muri yombi. Ndetse umwe muri bo yari yitwaje igikombe bari baguze mu iduka ry’aho hafi.

Umufana wa Arsenal Baker Kasule waganiriye n’ikinyamakuru cyo muri Uganda, Daily Monitor, yavuze ko batazi icyo bazize kuko barimo bishimira intsinzi yabo kuri mukeba wabo Manchester United.

Umuyobozi wa polisi muri ako karere akaba kandi ari n’umufana wa Arsenal, yabwiye BBC ko atazi icyo abo bafana baregwa, ariko avuga ko nanone atazi icyo abo bafana barimo bishimira nyamara shampiyona igeze hagati.

Yakomeje avuga ko ibyo bishobvora gutuma habaho gukozanyaho n’abafana b’ikipe yatsinzwe, kuko polisi itigeze ibimenyeshwa ngo ibacungire umutekano.

Mubi yaboneyeho kwamagana amakuru yavugaga ko aba bataw muri yombi bitewe no kuba ari abareanashyaka b’ishyaka ritavuga rumwe na leta, naryo rifite ibirango bitukura.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Umugoronome agomba kumenya ibyatsi byose: Minisitiri Musabyimana avuga kuri Prof Mbanda

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, avuga ko Prof Kalisa Mbanda uherutse kwitaba Imana, asigiye abashinzwe ubuhinzi (abagoronome) umurage wo kumenya ibyatsi byose bibaho ku Isi, ndetse no kubibyaza umusaruro. Prof Mbanda witabye Imana ku itariki 13 Mutarama 2023 azize uburwayi butunguranye, yasezeweho bwa nyuma kuri uyu wa Mbere tariki tariki 23 Mutarama 2023. Minisitiri Musabyimana avuga ko yigishijwe na Prof Kalisa Mbanda mu mwaka wa 1995, icyo gihe akaba […]

todayJanuary 23, 2023 233

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%