Uyu mushinga wa KIP uri mu cyiciro cya kabiri cyawo (kuko hazakorwa ibyiciro bitandatu), watangiye mu mwaka ushize wa 2022, ukaba ugomba kuzarangira muri 2026.
Mu mihanda 57 irimo kubakwa muri Kigali (igize umushinga wa KIP) harimo kwagura uva i Remera kuri Prince House ukagera i Masaka, bitewe n’umubyigano ukabije ukunze kuwugaragaramo.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo akomeza avuga ko mu yindi mihanda izubakwa hanze ya Kigali harimo uva i Masaka n’uva ku mugezi w’Akagera ugana ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera, ndetse n’umuhanda Base-Kidaho-Butaro (uzaba ureshya n’ibirometero birenga 60).
Dr Nsabimana akomeza asaba Ibigo bishinzwe kubaka Ibikorwaremezo kugura n’imashini zubaka ibiraro mu mazi, ndetse no gushyira imbaraga mu mutekano w’abantu n’ibintu.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo ashima ko NPD na Construck bifitiye igaraje ryabo rizajya risuzuma rikanakora imodoka mbere y’uko zishyirwa mu muhanda.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Merard Mpabwanamaguru avuga ko uyu mujyi usanzwe ufite kugeza ubu imihanda ya kaburimbo itarengeje ibirometero 560.
Avuga ko KIP ari wo mushinga wa mbere ukozwe wo kubaka ibirometero byinshi, aho imihanda y’igitaka izashyirwamo kaburimbo, hakaba imihanda mishya izahangwa ndetse n’isanzweho ya kaburimbo izajya yagurwa, ku buryo ahari ibisate bibiri hazashyirwa bine.
Ni umushinga Dr Mpabwanamaguru avuga ko witezweho guteza imbere Umujyi no kugabanya umubyigano w’ibinyabiziga byatumaga urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu rugorana.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo NPD (cyabyaye Construck), Yves Nshuti yizeza ko imashini n’imodoka zaguzwe zigiye kwihutisha imirimo ya KIP kugira ngo izasozwe ku gihe cyateganyijwe.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku wa Kane tariki ya 9 Gashyantare 2023 rwasubitse ku nshuro ya kabiri, urubanza rw’umugore ukurikiranyweho urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka itanu yari abereye mukase rwabaye mu ntangiriro za 2022. Mukanzabarushimana akurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana yari abereye mukase Ukurikiranyweho iki cyaha yitwa Mukanzabarushimana Marie Chantal akaba yarabanaga mu rugo na nyakwigendera, Akeza Rutiyomba Elisie wari ufite imyaka itanu, akaba yari amubereye mukase. Ku itariki ya […]
Post comments (0)