Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, ACP Kanyamihigo, aganira n’abashoferi b’imodoka nini
Byatangajwe nyuma y’aho bamwe mu bashoferi batwara imodoka nini zitwara imizigo, bamenyesheje Polisi ko zimwe mu mpanuka bakora ziterwa no kwikorera ibintu birenze ubushobozi bw’imodoka ndetse n’umunaniro kuko bakora amasaha menshi nta kuruhuka.
Hari mu bukangurambaga bwa gahunda ya Gerayo Amahoro, mu Ntara y’Iburasirazuba, bukaba bwarakorewe mu Karere ka Bugesera, mu bashoferi batwara imodoka nini ziganjemo izikorera imicanga ikoreshwa mu kubaka ikibuga cy’indege cyubakwa muri ako karere.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yavuze ko bimwe mu bibazo abatwara imodoka nini babagejejeho bahura nabyo bishobora gutera impanuka, harimo abanyonzi bagenda bafashe ku modoka inyuma, abaturage babangiriza imodoka, kompanyi bakorera zibategeka gupakira ibiro birenze ubushobozi bw’imodoka, ibibazo by’ibyapa ndetse n’umunaniro kubera gukora bataruhuka.
Yongeraho ko nyuma yo kumva ibibazo by’abashoferi, hari ibyahise bibonerwa ibisubizo, ariko nanone ngo hakaba hari ibindi bagiye kuganira na kompanyi zibakoresha.
Post comments (0)