Inkuru Nyamukuru

RDC yashyikirijwe imirambo ibiri y’abasirikare bayo barasiwe mu Rwanda

todayMarch 7, 2023

Background
share close

Itsinda rya EJVM ryashyikirijwe imirambo ibiri y’abasirikare ba RD Congo barasiwe ku butaka bw’u Rwanda, harimo uwarashwe tariki 19 Ugushyingo 2022 n’undi warashwe tariki 4 Werurwe 2023, bose barasiwe mu Murenge wa Gisenyi barimo kurasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda.

RDC yashyikirijwe imirambo ibiri y’abasirikare bayo barasiwe mu Rwanda

Imirambo yatanzwe ni iya Kasereka Malumalu na 1Sgt Sambwa Nzenze Didier, abasirikare ba FARDC harimo uwarashwe umwaka ushize, Leta ya DRC yari yamwihakanye ivuga ko atazwi, ariko nyuma y’amagenzura ku basirikare barinda Umukuru w’igihugu bazanywe mu mujyi wa Goma, basanze hari umusirikare wabuze ndetse bemeza ko ariwe warasiwe mu Rwanda nyuma yo kunywa urumogi akaza gushoza intambara ku basirikare b’ u Rwanda barinda umupaka ahazwi nka Petite Barrière.

Uwarashwe tariki 4 Werurwe 2023, byabaye nyuma yo kwinjira ku buraka bw’u Rwanda akarasa ku Ngabo z’u Rwanda zirinda umupaka, araswa amaze kwinjira mu Rwanda kuri metero 65 (-1.6880993, 29.2450301) ku mugoroba saa kumi n’imwe na 35.

Basinyiye ko batwaye iyo mirambo

Imirambo y’abasirikare ba FARDC yatanganywe n’ibikoresho bari bafite baraswa, harimo imbuta n’amasasu.

Nta biganiro byabaye mu gutanga iyi mirambo, uretse gusinya impapuro zigaragaza ko imirambo n’ibikoresho bitanzwe.

Mu byatanzwe harimo imbunda, amasasu n’icyuma
Hatanzwe n’ibindi bikoresho bari bafite

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kicukiro: Umukobwa w’imyaka 25 yafatiwe mu cyuho yiba

Umukobwa w’imyaka 25 witwa Umutoni Claudine yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, bikaba bivugwa ko yafunguye inzu y’umuturage akiba ibikoresho bitandukanye. Yari afite imfunguzo nyinshi n’itindo bikekwa ko yabyifashishaga mu gufungura inzugi n’amadirishya Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Sylvestre Twajamahoro, avuga ko umutoni Claudine yafatiwe mu Murenge wa Kigarama, Akagari ka Nyarurama, Umudugudu wa Zuba afite ibikoresho bitandukanye yari amaze kwiba muri urwo rugo. Ati “Irondo ry’umwuga ryamubonye […]

todayMarch 7, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%