Kylian Mbappé w’imyaka 24 y’amavuko ibinyamakuru bitandukanye birimo Ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa AFP na L’Equipe byatangaje iyi nkuru, byavuze ko yemeye gufata izi nshingano zo kuyobora ikipe y’u Bufaransa mu kibuga nyuma y’ibiganiro yagiranye n’umutoza wayo Didier Deschamps aho azungirizwa na Antoine Griezmann ukinira Atletico Madrid.
Kylian Mbappé yavuzwe mu bakinnyi bashobora kuvamo kapiteni mushya w’u Bufaransa nyuma y’uko uwari kapiteni umunyezamu Hugo Lloris ukinira Tottenham Hotspurs asezeye mu ikipe y’igihugu ku myaka 36 y’amavuko nyuma yo kugeza iki igihugu ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi 2022 batsindiweho na Argentine ibintu bari bakoze ku nshuro ya kabiri bikurikiranya nyuma yo kwegukana icya 2018.
Antoine Griezmann niwe kapiteni mushya wungirije mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa asimbuye Raphael Varane nawe wasezeye muri iyi kipe
Post comments (0)