Inkuru Nyamukuru

Ubutabera bwa Amerika burasaba kohereza muri Ukraine imitungo y’u Burusiya yafatiriwe

todayApril 20, 2023

Background
share close

Inzego z’ubutabera muri Leta Zunze ubumwe za Amerika zirimo zirasaba kongere y’iki gihugu guhabwa ububasha bwisumbuye bwo kwemererwa kohereza muri Ukraine ibyavuye mu mitungo y’u Burusiya yafatiriwe.

Mu Ukuboza, kongere ya Amerika yahaye ububasha urwego rw’ubutabera bwo koherereza Minisitiri y’ububanyi n’amahanga amafaranga yavuye mu mitungo y’u Burusiya kugirango azokoreshwe mu kubaka ibyasenywe n’intambara muri Ukraine.

Gusa ubwo bubasha bwarebaga imitungo yafatiriwe ku bantu batubahirije ibihano byashyizweho na Perezida wa Amerika. Ariko amafaranga abarirwa mu mamiliyoni y’amadolari ari mu mitungo yafatiriwe y’abayobozi b’u Burusiya nta bubasha bafite yo kuyohereza muri Ukraine.

Lisa Monaco, Umushinjacyaha Mukuru wungirije yavuze ko kuva u Burusiya bwatera Ukraine muri Gashyantare 2022, Amerika imaze gufatira imitungo y’abaherwe b’Abarusiya n’abandi bashyigikiye ubutegetsi bw’u Burusiya arenga miliyoni 500 z’amadolari.

Mu gihe hashize umwaka urenga kuva u Burusiya bugabye igitero kuri Ukraine, ubutabera bwa Amerika bumaze gufatira ibihano abantu barenga 30 bashinjwa kuba bararenze ku bihano byafatiwe u Burusiya.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda zakoze ubukangurambaga bwo kurwanya imirire mibi

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zakoze ubukangurambaga bugamije kurwanya imirire mibi. Ubu bukangurambaga bw’iminsi ibiri bwatangiye ku ya 17 kugeza ku ya 18 Mata 2023, i Juba mu Karere ka Rajaf Payam, Umudugudu wa Koroch West. Ingabo z’u Rwanda, muri ubwo bukangurambaga zakoze ibikorwa birimo guhugura abaturage gukora uturima tw’igikoni mu ngo zabo, mu rwego rwo kubafasha kubona imboga mu […]

todayApril 20, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%