Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Zimbabwe

todayApril 26, 2023

Background
share close

Perezida Paul Kagame ari mu gihugu cya Zimbabwe aho yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga muri Afurika (Transform Africa) aho igiye kuba ku nshuro yayo ya gatandatu.

Iyi nama izamara iminsi itatu kuva tariki 26 kugeza tariki 28 Mata ikazahuza abayobozi barenga 2,000 baturutse hanze y’umugabane wa Afurika ndetse no muri Afurika, mu nzego za guverinoma, ubucuruzi n’imiryango mpuzamahanga.

Iyi nama biteganyijwe ko iziga ku buryo bushya bwo gushyira imbaraga mu iterambere rirambye ry’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye iyi nama. Iyi nama kandi yitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia, Lazarus Chakwera wa Zambia n’Umwami Mswati III wa Eswatini.

Perezida Kagame kandi araza no kuyobora inama y’Ihuriro ry’Ibihugu bya Afurika byiyemeje guteza imbere uyu mugabane mu bijyanye n’ikoranabuhanga (Smart Africa).

Iri huriro kugeza ubu rigizwe n’ibihugu 36 byo ku Mugabane wa Afurika. Ni ku nshuro ya mbere inama ya Transform Africa igiye kubera hanze y’u Rwanda, kuko izindi nshuro yaberaga i Kigali mu Rwanda.

Transform Africa Summit ni inama yatangirijwe bwa mbere I Kigali mu Rwanda mu mwaka wa 2013, n’abakuru b’ibihugu birindwi, birimo u Rwanda, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo, Mali, Gabon na Burkina Faso.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kamonyi: Batanu bafashwe bazira guhisha amakuru y’ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside

Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga, abantu batanu batawe muri yombi nyuma yo kwanga gutanga amakuru y’aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bayishyize. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B Thierry, yatangaje ko mu Karere ka Kamonyi abandi bantu batanu bo mu Murenge wa Nyamiyaga, nabo batawe muri yombi kubera guhisha amakuru y’aho bashyize imibiri y’Abatutsi icumi bishwe muri Jenoside, bikaza kumenyekana ko banze kubivuga babizi, ndetse […]

todayApril 26, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%