Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ari kumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Habitegeko François, umugaba w’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda bifatanyije n’abaturage n’Akarere ka Rubavu gushyingura Abapfuye 13 bishwe n’ibiza byabaye mu ijoro tariki ya 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023.
Mu Karere ka Rubavu abantu 27 byatewe n’imvura bituma yatumye umugezi wa Sebeya wuzura utera abaturage mu ngo usenya amazu wiba abantu. Hari abishwe n’inganku zabaguyeho kuko muri 27 hari uwaburiwe irengero.
Minisitiri w’Intebe Dr ngirente atangaza ko u Rwanda rwatakaje abantu 130 bitewe n ibiza byatwaye abantu ariko yizeza ababuze ababo n’ibyabo ko leta izakomeza kubaba hafi.
agira ati; “Mbazaniye ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ejo yanditse abihanganisha, yanyoherereje kumuhagararira, Leta irabafasha uko ishoboye kose, turi hano ngo duherekeze abagiye, ariko turafasha abasigaye, abakometetse tubavuze, kandi turakomeza kubafata mu mugongo.”
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Turkiya yihanganishe u Rwanda n'Abanyarwanda baburiye ababo mu biza byibasiye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo y'u Rwanda. Ni ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa 2 Gicurasi rishyira ku wa 3 Gicurasi 2023. Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Turkiya yatangaje ko ibabajwe cyane n'ibyago byibasiye u Rwanda aho abantu barenga 100 bahasize ubuzima kubera inkangu n’umwuzure watewe n’imvura nyinshi ku ya 2 Gicurasi 2023 mu […]
Post comments (0)