Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda, bahuriye i Dubai mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye, barimo abahagarariye Imiryango n’ibihugu byabo, abayobozi ba Leta Zunze ubumwe z’Abarabu ndetse n’inshuti z’u Rwanda.
Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka, yasabye abari aho gufata umwanya wo kubanza kunamira no guha icyubahiro abazize Jenoside, ndetse no kuzirikana abayirokotse, ahamagarira amahanga kongera imbaraga mu kwamagana abagikomeje guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ambasaderi Hategeka yavuze ko uyu mwanya wo kwibuka, ari ukuzirikana ubuzima ndetse n’inzozi ababyeyi, abavandimwe ndetse n’inshuti bavukijwe imburagihe, bicwa mu buryo bw’agashinyaguro, byose bihagarikiwe na Guverinoma yari iyobowe n’intagondwa icyo gihe.
Ambasaderi Emmanuel Hategeka
Ati: “Buri mwaka ni yo mpamvu dufata uyu mwanya wo kunamira no kuzirikana izo nzirakarengane ndetse no gufata mu mugongo no guhumuriza abarokotse.”
Post comments (0)